Umuvugabutumwa Yesu akunda (Jesus’ Favorite Preacher)

Igice cya Cyenda (Chapter Nine)

Ushobora gutungurwa no kumenya ko Yesu yari afite umuvugabutumwa akunda. Wanatungurwa kurushaho ko umuvugabutumwa Yesu yakundaga atari Umuluteri, Umumetodiste, Umupantekoti, Umwangilikani, cyangwa Umuperesebuteriyani. Ahubwo yari Umubatista! Tumuzi ku izina rya Yohani Umubatiza, nyine nawe urabyumva! Yesu yamuvuzeho ati,

Ndababwira ukuri yuko mu babyawe n’abagore hatigeze kubaho umuntu uruta Yohana Umubatiza (Mat. 11:11a).

Ubwo rero kuko abantu bose “babyarwa n’abagore”, ni ubundi buryo bwo kuvuga ko, kubwa Yesu, Yohana Umubatiza ari we muntu ukomeye cyane mu babayeho bose. Kuba Yesu ari uko yabyumvise ni ikintu cyo kwibazaho. Nyamara umuntu yaba ashyize mu gaciro avuze ko icyatumye Yesu ashyira Yohana hejuru cyane ari ukubera ibyiza Yohana yari afite by’umwuka.Niba ari uko bimeze, byaba byiza twize tugasesengura ibyo bintu byiza by’umwuka ndetse tukanabyigana.Nabonye nibura ibintu birindwi by’umwuka byiza muri Yohana Umubatiza bikwiriye gushimwa. N’ubwo umurimo wa Yohana ugaragara cyane mu ivugabutumwa, ibi bintu byose uko ari birindwi bikwiriye umukozi w’Imana wese wahamagariwe ubutumwa bwiza.Reka tubanze turebe icya mbere muri ibyo birindwi.

Icyiza cya mbere cya Yohana

(John’s First Quality)

Ibi ni byo Yohana yahamije, ubwo Abayuda bamutumagaho abatambyi n’Abalewi, bavanywe i Yerusalemu no kumubaza bati, “Uri nde?” Nuko ntiyabahisha ahubwo araberurira ati,”Sijye Kristo.” Nuko baramubaza bati,”Tubwire, uri Eliya?” Na we ati,”Sindi we.” Bati,”Uri wa muhanuzi?”Arabasubiza ati,”Oya.” Baramubaza bati, “None se uri nde ngo dusubize abadutumye?Wowe wiyita nde? ” Ati, “Ndi ijwi ry’urangururira mu butayu ngo,’Nimugorore inzira y’Uwiteka,’ nk’uko umuhanuzi Yesaya yabivuze” (Yohana 1:19-23).

Yohana yari azi umuhamagaro we kandi yarawukomeje.

Ni iby’ingenzi cyane ko abakozi b’Imana bamenya imihamagaro yabo kandi bakayikurikirana. Niba uri umuvugabutumwa ntukagerageze kuba umupastori. Niba uri umwigisha ntukagerageze kuba umuhanuzi. Naho ubundi uzahura n’ingorane gusa.

Umenya ute umuhamagaro wawe? Ubwa mbere, mu gushaka mu maso h’Imana, yo yaguhamagaye. Ubwa kabiri, mu kwitegereza impano zawe. Niba Imana yaraguhamagariye umurimo w’ivugabutumwa, iguha n’ibyangombwa bikwiriye uwo murimo. Ubwa gatatu, ni mu guhamirizwa n’abandi babona neza impano ufite.

Igihe umaze kumenya umuhamagaro wawe, ugomba kuwukurikirana, ukawitangamo n’umutima wawe wose, ntugire ikintu na kimwe ukundira ko kikwitambika imbere. Benshi bategereza ko Imana iza igakora ibyo ibategerejeho gukora. Ntabwo Nowa yategereje ko Imana ari yo iza ngo ibaze inkuge!

Byaravuzwe ko umurimo w’Imana ari UGUKORA nyine. Byanze bikunze satani azagerageza kukubuza gusohoza umuhamagaro wawe, ariko ugomba kumurwanya ugakomeza imbere mu kwizera. N’ubwo Bibiliya itabitubwira, ariko ntitwashidikanya ko Yohana hari umunsi umwe yabanje gutangira abwiriza mu bice bituranye na Yorodani. Nta gushidikanya ko abantu yatangiye abwiriza bari bake cyane kurusha abo yaje kujya abwiriza nyuma. Ushobora kwemera udashidikanya ko abantu bamugiraga urwamenyo kandi ko yahuye no kurenganywa. Ariko ntiyigeze acogora ngo abireke. Intego ye yari ugushimisha Imana ye yamuhamagaye muri uwo murimo. Amaherezo yaranesheje.

Ikintu cyiza cya mbere cyo mu buryo bw’umwuka kuri Yohana kwiganwa ni iki: Yohana yari azi umuhamagaro we kandi yarawukurikiranye.

Icyiza cya kabiri cya Yohana

(John’s Second Quality)

Icyo gihe Yohana Umubatiza araza, yigishiriza mu butayu bw’i Yudaya ati, “Mwihane kuko ubwami bwo mu ijuru buri hafi” (Mat. 3:1-2).

Biragaragara cyane ko Yesu yemeraga cyane ubutumwa bworoheje bwa Yohana, kuko na we yabwirizaga ubutumwa nka bwo aho yajyaga hose (reba Mat. 4:17). Yohana yahamagariraga abantu kwihana–guhindukira bakava mu buzima bw’ibyaha bakajya mu buzima bwo gukiranuka. Yari azi ko ubusabane n’Imana butangirana no kwihana, kandi ko abatihana bazatabwa muri gehinomu.

Mu buryo butandukanye n’ubw’abavugabutumwa benshi cyane bo muri iki gihe, Yohana nta na rimwe yigeze avuga urukundo rw’Imana. Nta na rimwe kadi yigeze avuga ku “byo abantu bakeneye” nk’uburyo bwo kubahatira gusenga isengesho ryo “kwemera/kwakira Yesu” ngo kugira ngo batangire kugira “ubugingo busagutse.” Ntabwo yigeze afasha abantu kwizera ko ubusanzwe ari bantu beza Imana ishaka kujyana mu ijuru ngo baramutse gusa bamenye ko agakiza katava ku mirimo. Ahubwo yababonaga nk’uko Imana yababonaga–ibyigomeke biri mu kaga ko kuzahura n’ingaruka z’iteka ryose kubera ibyaha byabo. Yababuriye ku mugaragaro ku bw’umujinya uzatera. Yakoraga ku buryo bumva neza ko niba badahinduye imitima yabo n’iibikorwa byabo, nta kabuza bazarimbuka.

Nuko rero icyiza cya kabiri Yohana yari afite gikwiriye kwiganwa na buri mukozi w’Imana wese uhindura abantu abigishwa ni iki: Yohana yamamazaga ko kwihana ari yo ntambwe ya mbere mu busabane n’Imana.

Icyiza cya gatatu cya Yohana

(John’s Third Quality)

Yohana uwo yari yambaye umwambaro w’ubwoya bw’ingamiya, abukenyeje umushumi, ibyokurya bye byari inzige n’ubuki bw’ubuhura (Mat. 3:4).

Nta gushidikanya ko Yohana Atari afite ishusho y’abavugabutumwa b’ikigihe bavuga “ubutumwa bwo gutunga”. Mu by’ukuri nta n’ubwo bo bakwemera ko umuntu nka Yohana ahagarara kuri alitari y’insengero zabo, kuko ntiyari yambaye mu buryo bugaragara nk’ubw’umuntu wageze kuri bwa bukire no gutera imbere bigisha. Nyamara Yohana we yari umuntu w’Imana koko udakurikiranye ubukire bw’isi cyangwa ngo ashake gutangarirwa n’abantu kubera uko agaragara inyuma, kuko yari azi ko Imana ireba umutima. Yabagaho mu buryo bworoheje, kandi imyifatire ye nta n’umwe yasitazaga, kuko babonaga ko icyo agamije atari amafaranga. Bihabanye cyane n’iby’abakozi b’Imana benshi bo muri iki gihe ku isi yose, bakoresha ubutumwa bwiza ariko icyo bashyize imbere cyane cyane ari ukwibonera indamu. Kandi uko berekana Yesu mu buryo butari bwo, ni ko bangiza cyane umurimo wa Kristo..

Icyiza cya gatatu cya Yohana cyatumaga aba umuvugabutumwa Yesu akunda ni iki: Yohana yabagaho mu buryo bworoheje.

Icyiza cya Kane cya Yohana

(John’s Fourth Quality)

Nuko abwira [Yohana] iteraniro ry’abantu benshi bari baje kubatizwa na we ati, “Mwa bana b’incira mwe, ni nde wababuriye ngo muhunge umujinya uzatera? Ngaho nimwere imbuto zikwiriye abihannye, kandi ntimutangire kwibwira muti, ‘Ko dufite Aburahamu akaba ari we sogokuruza,’ ndababwira yuko ndetse Imana ibasha guhindurira Aburahamu abana muri aya mabuye” (Luka 3:7-8).

Igihe umurimo wa Yohana wari utangiye kugenda waguka abantu biyongera, biragaragara ko atahinduye ubutumwa ngo atangire kuvuga ibinezeza abantu gusa. Yohana ahubwo birasa nk’aho yari atangiye kugira amakenga ku mpamvu z’ukuri zizana abantu kubatizwa, amaze kubona ko ari ibintu bibaye nk’ibigezweho gusa. N’abanditsi n’Abafarisayo bafataga urugendo bakaza kuri Yorodani (reba Mat. 3:7). Yari afite impungenge z’uko abenshi ari ugukurikira igihiriri gusa. Nuko rero bigatuma akora uko ashoboye kugira ngo batishuka, agakuraho ikintu cyose cyatiza umurindi uko kwishuka kwabo. Ntiyashakaga ko hari n’umwe wakwibwira ko kubatizwa gusa bihagije kugira ngo abone agakiza, cyangwa ko uwo muhango wo kwihana gusa ushobora kumurinda kujya muri gehinomu. Yabihanangirije ababwira ko kwihana nyakuri kugendana n’imbuto zo kumvira.

Byongeye kandi, bitewe n’uko Abayuda benshi bibwiraga ko bakijijwe ku bwo gukomoka kuri Aburahamu mu buryo bw’umubiri, Yohana yabakuriye inzira ku murima kubw’ibyo byiringiro bidafite ishingiro.

Icyiza cya kane cya Yohana cyo gushimwa ni iki: Yakundaga abantu cyane ku buryo yababwiraga ukuri. Nta na rimwe yashoboraga guha ibyiringiro umuntu udashaka kwihana, udakiranuka, ngo amwizeze ko ari mu nzira ijya mu ijuru.

Icyiza cya gatanu cya Yohana

(John’s Fifth Quality)

Yohana ntiyashoboraga kubatiza umuntu utagaragaza ubushake bwo kwihana, ntiyashoboraga no kugira umuntu n’umwe ashyigikira mu kwibeshya kwe. Yabatizaga abantu “batuye ibyaha byabo” (Mat. 3:6). Akaburira abaje bamusanga ati:

Ndetse ubu intorezo igezwe ku bishyitsi by’ibiti, nuko igiti cyose kitera imbuto nziza kizacibwa, kijugunywe mu muriro …. Intara ye iri mu kuboko kwe kandi azeza imbuga ye cyane, amasaka ye azayahunika mu kigega, ariko umurama wo azawucanisha umuriro utazima (Mat. 3:10, 12).

Yohana ntiyatinyaga kubwira abantu ukuri ku byerekeye gehinomu, ikintu gikunze kwirindwa cyane n’abavugabutumwa bagerageza guharanira gukundwa n’abantu cyane aho guharanira kwinjiza abantu benshi mu bwami bw’Imana. Kandi ntabwo Yohana ntiyaretse kwigisha abantu kuri ya nsanganyamatsiko twabonye mu nyigisho ya Yesu yo ku musozi–abakiranutsi gusa ni bo bazaragwa ubwami bw’Imana. Abatera imbuto bazajugunywa mu muriro.

Iyo Yohana aza kuba ariho muri iki gihe, nta gushidikanya ko yari kwitwa amazina n’abitwa ko ari abakristo benshi “umuvugabutumwa w’umuriro wa gehinomu n’amazuku,” “umuhanuzi w’ibyago n’amakuba,” “utitaye ku byo abantu bakeneye,” cyangwa ibibi kurushaho bati, “wa wundi utagira icyiza abona,” “ucira abantu ho iteka,” “umunyamigenzo” cyangwa “uwigira umukiranutsi.” Nyamara Yohana ni we muvugabutumwa Yesu yemeraga. Icyiza cye cya gatanu: Yohana yabwirizaga ibya gehinomu kandi akagaragaza neza abantu bari mu nzira ijyayo. Igishimishije ni uko Luka yise ubutumwa bwa Yohana “ubutumwa bwiza” (Luke 3:18).

Icyiza cya gatandatu cya Yohana

(John’s Sixth Quality)

Nubwo Yohana yakoreshwaga n’Imana mu buryo bukomeye cyane kandi akaba icyamamare cyane kandi agakundwa na benshi, yari azi ko ntacyo ari cyo umugereranije na Yesu, nuko rero muri ubwo buryo ahesha Umwami we ikuzo:

Jyeweho ndababatirisha amazi ngo mwihane, ariko uzaza hanyuma yanjye andusha ubushobozi, ntibinkwiriye no kumutwaza inkweto. Ni we uzababatirisha Umwuka Wera n’umuriro (Mat. 3:11).

Mbega ukuntu Yohana yivuga bitandukanye cyane n’ubwirasi bukunze kumvikana kenshi ku “bakozi b’Imana” bo muri iki gihe cyacu! Ibinyamakuru by’amatorero yabo biba birimo amafoto yabo kuri buri rupapuro, mu gihe Yesu bamuvugaho gato cyane. Bagenda bakimbagira nk’imisambi yirata ubwiza batambagira kuri altari z’insengero zabo, bishyira hejuru bivuga ibigwi imbere y’abayoboke babo. Ntibakorwaho ntabegerwa, buzuye ubwibone. Bamwe ahubwo usanga bategeka n’Imana n’abamalayika! Nyamara Yohana we yumvaga ko bitanamukwiriye gupfundura udushumi tw’inkweto za Yesu, kandi uwo wari umurimo ukorwa n’umugaragu w’imbata wo hasi cyane. Yabanje kwanga kubatiza Yesu igihe yari aje amusanga ngo amubatize, ariko aho amariye kumenya ko Yesu ari we Kristo, yahereye ko amwerekezaho byose, avuga ko ari we “Mwana w’intama w’Imana ukuraho ibyaha by’abari mu isi” (Yohana1: 29). “Uwo akwiriye gukuzwa, naho jye nkwiriye kwicisha bugufi” (Yohana 3:30) ihinduka intero n’inyikirizo ye yo kwiyoroshya.

Iki ni cyo kintu cyiza cya gatandatu cya Yohana cyatumye aba umuvugabutumwa Yesu akunda cyane: Yohana yicishaga bugufi agashyira Yesu hejuru. Ntabwo yari akeneye ikuzo yihaye ubwe.

Icyiza cya Yohana cya Karindwi

(John’s Seventh Quality)

Abavugabutumwa benshi b’iki gihe bavuga ibintu bitumvikana bavugira muri rusange ibintu bibaho ngo kugira ngo batagira uwo bakomeretsa. Mbega ukuntu byoroshye kubwiriza ngo, “Imana irashaka ko dukora ibitunganye!” Abakristo bose baba ab’ukuri cyangwa ab’ibinyoma bavugira rimwe ngo “Amen” ku butumwa nk’ubwo. Abavugabutumwa benshi na none biraborohera gukomeza kwivugira gusa ku byaha by’agahomamunwa bikorwa mu isi, bakirinda kugira icyo bavuga ku byaha nk’ibyo bikorerwa mu Itorero. Urugero, usanga basakuza cyane bamagana amasinema y’ubusambanyi, ariko ntibatinyuke kugira icyo bavuga ku ma video n’ama DVD yuzuye ibintu by’ubusambanyi arebwa n’abayoboke babo. Bamaze kugwa mu mutego wo gutinya umwana w’umuntu.

Yohana, nyamara we ariko, ntiyashidikanyaga mu kubwiriza ubutumwa adomaho urutoki. Luka arabivuga:

Abantu baramubaza bati, “None se tugire dute? Arabasubiza ati, ” Ufite imyenda ibiri umwe awuhe utawufite n’ufite ibyo kurya nagire atyo na we.” N’abakoresha b’ikoro na bo baje ngo babatizwe baramubaza bati, “Mwigisha tugire dute?” Arabasubiza ati, “Ntimukake abantu ibiruta ibyo mwategetswe.” N’abasirikare na bo baramubaza bati, “Natwe tugire dute?” Arabasubiza ati, “Ntimukagire umuntu muhongesha cyangwa ngo mumurege ibinyoma, kandi ibihembo byanyu bibanyure” (Luka 3:10-14).

Biratangaje ukuntu bitanu mu bisubizo bitandatu bitaziguye bya Yohana byerekeye amafaranga cyangwa ibintu. Yohana ntiyatinyaga kubwiriza ku byerekeye kuba umwizerwa mu gucunga neza umutungo nk’uko bifitanye isano n’itegeko rya kabiri rikomeye. Kandi nta nubwo Yohana yategerezaga imyaka myinshi ngo abone kwigisha “abizera” bashya inyigisho nk’izo “ziremereye”. Yizeraga ko bidashoboka gukorera Imana na mamoni, bityo rero ibyo kuba igisonga cyiza ni iby’ingenzi cyane kubyigishwa kuva mu ntangiriro.

Ibi bizana indi ngingo. Yohana ntiyataga umwanya we ku tuntu duto, ngo ahore avuga ku by’imyambarire n’ibindi bintu byo gukiranuka gushingiye ku bigaragara by’inyuma. Yibandaga ku “bintu bifite agaciro cyane mu mategeko” (Mat. 23:23). Yari azi ko iby’ingenzi ari ugukunda mugenzi wawe nk’uko wikunda kandi ukagirira abandi ibyo washaka ko bakugirira nawe. Ni ukuvuga gusangira ibyo kurya byawe n’abatabifite ukambika abambaye ubusa, ukabana n’abandi neza mu bunyangamugayo, kandi ukanyurwa n’ibyo ufite.

Iki ni cyo cyiza cya karindwi cyatumaga Yohana atona kuri Yesu: Ntiyabwirizaga mu rujijo avugira ibintu muri rusange, ahubwo yavugaga mu buryo butomoye ibintu abantu bakwiye gukora kugira ngo bashimishe Imana, ndetse n’ibintu bijyanye no kuba igisonga cyiza. Kandi yibandaga ku bintu by’ingenzi cyane.

Mu gusōza

In Conclusion

Birumvikana ko umurimo w’umupastori cyangwa umwigisha wari ukwiye kugira byinshi ukoraho kurusha uwa Yohana. Yohana yabwirizaga abantu batihannye ibyaha. Abapastori n’abigisha bo baba bigisha abamaze kwihana. Kwigisha kwabo gushingiye ku bintu Yesu yabwiye abigishwa be kandi byanditse mu nzandiko ziri mu Isezerano Rishya.

Nyamara akenshi tunanirwa kumenya neza abo tubwira abo ari bo, kandi bisa nk’aho muri iki gihe abanyabyaha kenshi babwirizwa nk’ibyakabwirijwe abera/abakiranutsi. Kuba umuntu yaje akicara mu rusengero, ntibivuga ko akazi kacu ubwo ari ako kumwizeza ko yakijijwe, cyane cyane iyo nta tandukaniro hagati y’imyifatire yabo n’iy’ab’isi. Muri iki gihe hakenewe cyane miliyoni nyinshi za ba “Yohana Umubatiza” kugira ngo babwirize mu nsengero. Mbese wahaguruka ugahangana n’icyo kibazo? Mbese waba umwe mu bavugabutumwa Yesu yishimira?