Kubatizwa mu Mwuka Wera (The Baptism in the Holy Spirit)

Igice Cya Cumi na Rimwe (Chapter Eleven)

Iyo umuntu asoma igitabo cy’Ibyakozwe n’Intumwa, gukora k’Umwuka Wera kugaragara kuri buri rupapuro. Ukuyemo gukora k’Umwuka Wera mu gitabo cy’Ibyakozwe n’Intumwa nta cyo uba usigaranye. Ni ukuri koko, yahaye abigishwa ba mbere “kubika ibihugu byose” (reba Ibyakozwe 17:6).

Ahantu Itorero rikura cyane ryihuse muri iki gihe ni aho abayoboke ba Yesu bashishikariye kuyoborwa n’Umwuka Wera kandi bagahabwa imbaraga na We. Ibyo ntibigomba kudutungura. Umwuka Wera ashobora gukora mu masegonda icumi ibyo twe dushobora kuzakora mu myaka ibihumbi icumi tugendeye ku mbaraga zacu gusa. Nuko rero ni ibyangombwa cyane ko umukozi w’Imana uhindura abantu kuba abigishwa asobanukirwa icyo Bibiliya ivuga ku murimo w’Umwuka Wera mu bugingo bw’abizera no mu mirimo yabo.

Mu gitabo cy’Ibyakozwe n’intumwa, dukunda kubona aho abizera babatizwa mu Mwuka Wera maze bagahabwa imbaraga zo gukora umurimo w’Imana. Twaba tubaye abanyabwenge twize kuri icyo kintu kugira ngo bishobotse, natwe duhabwe icyo bahawe kandi tunezererwe ubufasha butangaje buva ku Mwuka Wera na bo babonye. Nubwo bamwe bavuga ko iyo mirimo itangaje y’Umwuka Wera yarangiranye n’igihe cy’intumwa, nta cyanditswe na kimwe, cyangwa ikindi kintu cyaba gishingiye ku mateka cyangwa ku bitekerezo bisobanutse neza, gishyigikira iyo myumvire. Ni imyumvire ikomoka ku kutizera. Abizera ibyo amasezerano y’Ijambo ry’Imana bazahabwa imigisha yasezeranijwe. Nk’uko byagenze ku Bayisirayeli batizera batashoboye kwinjira mu Gihugu cy’Isezerano, ni na ko abatizera amasezerano y’Imana muri iki gihe batazashobora kwinjira mu byo Imana yabateguriye byose. Uri mu ruhe ruhande wowe? Jye ndi mu bizera.

Imirimo Ibiri y’Umwuka Wera

(Two Works by the Holy Spirit)

Buri muntu wese wizeye koko Umwami Yesu yahuye no gukora k’Umwuka Wera mu bugingo bwe. Umuntu we w’imbere, cyangwa umwuka we, yahinduwe mushya n’Umwuka Wera (reba Tito 3:5), kandi Umwuka Wera uba muri we (reba Rom. 8:9; 1 Kor. 6:19). “Yabyawe n’Umwuka” (Yohana 3:5).

Abakristo benshi b’abapantekoti n’abamera impano z’Umwuka, kubera kudasobanukirwa ibi bintu neza, bagiye bakora amakosa yo kubwira abizera bamwe ko badafite Umwuka Wera ngo kuko batabatijwe mu Mwuka Wera kandi ngo bavuge mu ndimi. Ariko ayo ni amakosa agaragara dushingiye ku Byanditswe Byera no ku nararibonye. Abakristo benshi batari abapantekoti cyangwa abagendera ku mpano z’Umwuka bagaragaraho ibimenyetso cyane by’uko bafite Umwuka Wera utuye muri bo kurusha abagendera ku mpano n’abapantekoti bamwe! Bagaragaza imbuto z’Umwuka Pawulo yavuze mu Bagalatiya 5:22-23 ku rwego rwo hejuru, ibintu bidashoboka udafite Umwuka Wera ugutuyemo.

Nyamara kandi kuba gusa umuntu yarabyawe n’Umwuka, ntabwo bivuga ko yanabatijwe mu Mwuka Wera. Dushingiye kuri Bibiliya, kubyarwa n’Umwuka Wera no kubatizwa mu Mwuka Wera ubusanzwe ni ibintu bibiri bitandukanye.

Dutangira iri somo reka tubanze turebe icyo Yesu yigeze kuvuga ku Mwuka Wera abwira umugore udakijijwe ku iriba ry’i Samariya:

Yesu aramusubiza ati, “Iyo uba wari uzi impano y’Imana ukamenya n’ugusabye amazi uwo ari we, nawe uba umusabye na we akaguha amazi y’ubugingo….Umuntu wese unywa aya mazi[yo muri iryo riba ry’i Samariya] azongera kugira inyota, ariko unywa amazi nzamuha ntazongera kugira inyota rwose iteka ryose, ahubwo amazi nzamuha azamuhindukiramo isoko y’amazi adudubiza kugeza mu bugingo buhoraho (Yohana 4:10, 13-14).

Umuntu ashyize mu gaciro yakwanzura avuga ko ayo mazi y’ubugingo aba mu muntu Yesu yavugaga asobanura Umwuka Wera utura mu mitima y’abizera. Nyuma mu butumwa bwiza bwa Yohana na none, Yesu yongeye gukoresha iryo jambo, , “amazi y’ubugingo,” kandi nta gushidikanya ko yavugaga Umwuka Wera:

Nuko ku munsi uheruka w’iyo minsi mikuru, ari wo munsi uruta iyindi, Yesu arahagarara avuga cyane ati, “Umuntu nagira inyota aze aho ndi anywe. Unyizera, imigezi y’amazi y’ubugingio izatemba ‘iva mu nda ye, nk’uko Ibyanditswe bivuga.'” Ibyo yabivuze yerekeje ku Mwuka Wera, uwo abamwizera bendaga guhabwa, ariko ubwo Umwuka yari ataraza kuko Yesu yari atarahabwa ubwiza bwe (Yohana 7:37-39).

Aha ntabwo yavuze amazi y’ubugingo ahinduka “iriba ry’amazi adudubiza kugeza iteka ryose.” Ahubwo hano ya mazi y’ubugingo ahinduka imigezi itemba iva imbere mu wayanyoye.

Ibi bice bibiri bias mu butumwa bwiza bwa Yohana bigaragaza mu buryo bwiza cyane itandukaniro riri hagati yo kubyarwa n’Umwuka no kubatizwa mu Mwuka Wera. Kubyarwa n’Umwuka mbere na mbere ni ku nyungu z’uwo uvuka ubwa kabiri, kugira ngo abone ubugingo buhoraho. Iyo umuntu abyawe ubwa kabiri n’Umwuka aba abonye iriba ry’Umwuka muri we rimuha ubugingo buhoraho.

Nyamara kubatizwa mu Mwuka Wera byo, cyane cyane ni ku nyungu z’abandi, kuko biha abizera ubushobozi bwo gufasha abandi bantu mu mbaraga z’Umwuka. “Imigezi y’amazi y’ubugingo” izatemba ibavamo izane imigisha y’Imana ku bandi bantu mu mbaraga z’Umwuka.

Kuki Kubatizwa mu Mwuka Wera bikenewe

(Why the Baptism in the Holy Spirit is Needed)

Mbega ukuntu dukeneye cyane ubufasha bw’Umwuka Wera ngo dushobore gukora umurimo w’Imana mu bandi bantu! Hatabonetse ubufasha b’Umwuka nta byiringiro twakwigera tugira byo guhindura abantu bo mu mahanga yose abigishwa. Mu by’ukuri iyo ni yo mpamvu yatumye Yesu asezeranya abigishwa kuzababatiza mu Mwuka Wera–kugira ngo isi yumve ubutumwa bwiza. Yabwiye abigishwa be ati:

Kandi dore ngiye kuboherereza ibyo Data yasezeranye, ariko mugume mu murwa kugeza ubwo muzambikwa imbaraga” (Luka 24:49).

Luka na none yanditse ibyo Yesu yavuze ati:

Si ibyanyu kumenya iby’iminsi cyangwa ibihe Data yagennye, ni ubutware bwe wenyine. Icyakora muzahabwa imbaraga Umwuka Wera nabamanukira, kandi muzaba abagabo bo kumpamya uhereye i Yerusalemu n’i Yudaya yose n’i Samariya, no kugeza ku mpera y’isi (Ibyak 1:7-8).

Yesu yabwiye abigishwa be kutava I Yerusalemu kugeza ubwo “bazambikwa imbaraga zivuye mu ijuru.” Yari azi ko bitabaye bityo nta mbaraga bashobora kugira, bakazananirwa nta kabuza, umurimo yari abasigiye. Tubona ko nyamara igihe bari bamaze kubatizwa mu Mwuka Wera, Imana yatangiye kubakoresha mu buryo bw’ibitangaza mu gukwiza ubutumwa.

Miliyoni nyinshi z’Abakristo mu isi yose, nyuma yo kubatizwa mu Mwuka Wera, bageze ku rundi rwego rw’imbaraga, by’umwihariko mu kubwiriza abadakijijwe. Bagiye babona ko noneho amagambo yabo yemeza abantu kurushaho, ndetse rimwe na rimwe bagasanga bakoresheje n’Ibyanditswe batari bazi ko bazi. Bamwe bagiye bimenyaho ko bahamagawe kandi ko bafite impano zo gukora umurimo wihariye runaka, nk’ivugabutumwa. Abandi bagasanga Imana ibakoresha uko ishatse mu mpano z’Umwuka zitandukanye z’indengakamere. Kandi ibyababayeho Bibiliya ibitangira ubuhamya cyane. Abarwanya ibyo byababayeho nta cyanditswe na kimwe bashingiraho muri Bibiliya. Mu by’ukuri ni Imana barwanya.

Ntibikwiye kudutangaza ko twebwe abahamagariwe kwigana Kristo twanahamagariwe kubana n’Umwuka Wera nk’uko babanaga. Birumvikana ko yabyawe n’Umwuka Wera igihe yasamwaga mu nda ya Mariya (reba Mat. 1:20). Uwari wabyawe n’Umwuka rero nyuma yaje kubatizwa mu Mwuka mbere y’uko atangira umurimo we (reba Mat 3:16). Niba Yesu yari akeneye kubatizwa mu Mwuka Wera kugira ngo yambare imbaraga zo gukora umurimo, twebwe tubikeneye bingana iki kurushaho?

Ikimenyetso cya mbere cyo Kubatizwa mu Mwuka

(The Initial Evidence of the Baptism in the Spirit)

Iyo uwizera abatijwe mu Mwuka Wera, ikimenyetso cya mbere cyerekana ko yabatijwe ni uko azavuga urundi rurimi rushya, urwo Bibiliya yita “indimi nshya” cyangwa “izindi ndimi.” Hari ibyanditswe byinshi byemeza ibi. Reka tubirebe.

Ubwa mbere, mu bihe bye bya nyuma hano mu isi mbere y’uko azamuka asubira mu mu ijuru, Yesu yavuze ko kimwe mu bimenyetso bizakurikira abizera ari uko bazavuga mu ndimi nshya:

Mujye mu bihugu byose, mwigishe abaremwe bose ubutumwa bwiza. Uwizera akabatizwa azakizwa, ariko utizera azacirwaho iteka. Kandi ibimenyetso bizagumana n’abizera ngibi: bazirukana abadayimoni mu Izina ryanjye, bazavuga indimi nshya (Mariko 16:15-17).

Abasobanuzi bamwe ba Bibiliya bavuga ko iyi mirongo itari ikwiye kuba iri muri Bibiliya zacu kuko ngo mu mizingo imwe ya kera y’ibitabo by’Isezerano rishya ngo iyo mirongo itarimo. Nyamara mu yindi mizingo myinshi ya kera, iyo mirongo irimo, kandi nta gitabo na kimwe mu byasobanuwe mu cyongereza nasomye kidashyiramo iyo mirongo. Ikirenze kuri ibyo kandi, ibyo Yesu yavuze muri iyi mirongo bihuza neza cyane n’ibyabaga mu itorero rya mbere ry’intumwa nk’uko byanditswe mu gitabo cy’Ibyakozwe n’Intumwa.

Hari ingero eshanu mu gitabo cy’Ibyakozwe n’Intumwa aho abizera babatizwa mu Mwuka Wera bwa mbere. Reka tuzirebe uko ari eshanu, kandi uko tugenda tuzireba ni ko tugenda tubaza ibibazo bibiri: (1) Mbese uku kubatizwa mu Mwuka Wera byari bikurikiranye no kwakira agakiza? hanyuma (2) Mbese ababatijwe mu Mwuka bavuze mu ndimi nshya? Ibi biradufasha kumenya ubushake bw’Imana ku bizera muri iki gihe.

Yerusalemu

(Jerusalem)

Urugero rwa mbere ruri mu Ibyak. 2, aho ba bigishwa ijana na makumyabiri babatizwaga mu Mwuka Wera ku munsi wa Pentekote:

Umunsi wa Pentekote usohoye, bose bari bari hamwe mu mwanya umwe bahuje umutima. Nuko umuriri ubatungura uvuye mu ijuru umeze nk’uw’umuyaga uhuha cyane, ukwira inzu bari bicayemo. Haboneka indimi zīgabanije zisa n’umuriro, ururimi rujya ku muntu wese wo muri bo. Bose buzuzwa Umwuka Wera, batangira kuvuga izindi ndimi nk’uko Umwuka yabahaye kuzivuga (Ibyak. 2:1-4).

Nta gushidikanya ko mbere y’iki gihe abo bizera uko ari ijana na makumyabiri bari barakijijwe kandi baravutse ubwa kabiri, nuko rero babatijwe mu Mwuka Wera nyuma yo gukizwa. Ariko ntibyari gushoboka ko babatizwa mu Mwuka Wera mbere ya kiriya gihe, bitewe n’uko gusa mbere y’uriya munsi Umwuka Wera yari ataratangwa mu Itorero.

Biragaragara ko ikimenyetso kibakurikiye cyabaye icyo kuvuga izindi ndimi.

Samariya

(Samaria)

Urugero rwa kabiri rw’aho abizera babatizwa mu Mwuka Wera ruri mu Ibyak. 8, igihe Filipo yajyaga mu mudugudu w’i Samariya akahabwiriza ubutumwa:

Ariko bamaze[Abasamariya] kwizera ubutumwa bwiza Filipo ababwira bw’ubwami bw’Imana n’ubw’izina rya Yesu Kristo, barabatizwa, abagabo n’abagore ….Nuko intumwa zari i Yerusalemu zimaze kumva ko Abasamariya bumviye Ijambo ry’Imana, zibatumaho Petero na Yohana, na bo basohoyeyo barabasabira ngo bahabwe Umwuka Wera, kuko hari hataragira n’umwe wo muri bo amanukira, ahubwo bari barabatijwe gusa mu izina ry’Umwami Yesu (Ibyak 8:12-16).

Biragaragara neza ko Abakristo b’Abasamariya babatijwe mu Mwuka Wera nyuma yo gukizwa. Bibiliya ivuga yeruye ko mbere y’uko Petero na Yohana bagerayo, Abasamariya bari baramaze “kwemera Ijambo ry’Imana,” barizeye ubutumwa bwiza, kandi barabatijwe mu mazi. Nyamara Petero na Yohana baje kubasengera, Ibyanditswe bivuga ko kwari ukugira ngo “bahabwe Umwuka Wera.” Byasobanuka neza birenze aha bite?

Mbese abizera b’Abasamariya babatijwe mu Mwuka Wera bavuze indimi nshya? Bibiliya ntibivuga, ariko ivuga ko hari ikintu cy’igitangaza cyababayeho. Igihe umugabo witwaga Simoni ibiba ku Bakristo b’Abasamariya uko Petero na Yohana babarambikagaho ibiganza, yagerageje kugira ngo agure na bo ubwo bushobozi bafite bwo gutanga Umwuka Wera:

Nuko babarambikaho ibiganza, bahabwa Umwuka Wera. Ariko Simoni abonye yuko abarambitsweho ibiganza by’intumwa bahabwa Umwuka Wera, azizanira ifeza arazibwira ati, “Nanjye nimumpe ubwo bubasha ngo uwo nzarambikaho ibiganza ahabwe Umwuka Wera” (Ibyak 8:17-19).

Simoni yari abonye iki cyamukozeho bigeze aho? Yari yaramaze kubona ibitangaza bindi bitari bicye, nko kubona aho birukana abadayimoni, abanyunyutse n’abamugaye bakira mu buryo bw’ibitangaza (reba Ibyak 8:6-7). Na we ubwe yajyaga akora ibintu bya maji by’ibitangaza by’ubupfumu, atangaza abatuye i Samariya bose (reba Ibyak 8:9-10). Niba ari uko bimeze, ibyo yabonye igihe Petero na Yohana basengaga bigomba kuba byari ibintu bitangaje cyane. Nubwo tutavuga tubyemeza neza, ariko umuntu yaba ashyize mu gaciro atekereje ko ibyo yabonye ari nk’ibyajyaga biba n’ubundi ikindi gihe cyose Abakristo buzuzwaga Umwuka Wera mu gitabo cy’Ibyakozwe n’intumwa–yababonye kandi anabumva bavuga mu zindi ndimi.

Sawuli i Damasiko

(Saul in Damascus)

Aha gatatu mu gitabo cy’Ibyakozwe n’intumwa havugwa umuntu yuzuzwa Umwuka Wera ni ibya Sawuli w’i Taruso, waje kumenyekana nyuma nk’intumwa Pawulo. Yari yakirijwe mu nzira ijya Damasiko, aho yari yamaze igihe gito atabona. Iminsi itatu nyuma yo gukizwa kwe, Imana imutumaho umugabo witwa Ananiya:

Ananiya aragenda yinjira mu nzu, amurambikaho ibiganza aramubwira ati, “Sawuli mwene Data, Umwami Yesu wakubonekereye mu nzira waturutsemo, arantumye ngo uhumuke wuzuzwe Umwuka Wera.”Uwo mwanya ibisa n’imboneranyi bimuva ku maso arahumuka, arahaguruka arabatizwa (Ibyak 9:17-18).

Nta gushidikanya ko Sawuli yari yamaze kuvuka ubwa kabiri mbere y’uko Ananiya aza kumusengera. Yizeye Umwami Yesu mu nzira ijya i Damasiko, kandi ahera ko yumvira amabwiriza y’Umwami we yari akimara kuyoboka. Ikindi kandi, Ananiya akimubona yaramuhamagaye ati “Sawuli mwene Data.” Urabona ko Ananiya yabwiye Sawuli ko icyatumye aza kumureba ari ukugira ngo ahumuke kandi yuzuzwe Umwuka Wera. Nuko rero Sawuli, yujujwe Umwuka Wera cyangwa yabatijwe mu Mwuka Wera iminsi itatu nyuma yo gukizwa.

Ibyanditswe ntibivuga neza neza uko byagenza mu kubatizwa mu Mwuka Wera kwa Sawuli, ariko bigomba kuba byarabaye nyuma gato y’aho Ananiya agereye aho Sawuli yari ari. Nta gushidikanya ko Sawuli yavuze mu zindi ndimi, kuko nyuma mu 1 Abakorinto 14:18 yaje kuvuga ati, “Nshimira Imana yuko mwese mbarusha kuvuga indimi zitamenyekana.”

Kayisariya

(Caesarea)

Ahantu ha kane havuga aho abizera babatizwa mu Mwuka Wera ni mu Ibyak. 10. Intumwa Petero yatumwe n’Imana kujya i Kayisariya kubwiriza ubutumwa bwiza mu rugo rwa Koruneliyo. Petero akimara kuvuga yuko agakiza kabonerwa mu kwizera Yesu, abanyamahanga bose bari bamuteze amatwi bahereye ko bizera, kandi Umwuka Wera arabamanukira:

Petero akivuga ibyo, Umwuka Wera amanukira abumvise ayo magambo bose. Abizeye bo mu bakebwe bajyanye na Petero barumirwa bose, kuko n’abanyamahanga na bo bahawe Umwuka Wera akaba abasutsweho, kuko bumvise bavuga izindi ndimi bahimbaza Imana. Maze Petero arababaza ati, “Aba ngaba bahawe Umwuka Wera nkatwe, ni nde ubasha kubima amazi ngo batabatizwa?” Ategeka ko babatizwa mu izina rya Yesu Kristo (Ibyak 10:44-48a).

Aha ngaha, birasa nk’aho abo mu rugo rwa Koruneliyo, ari na bo babaye abanyamahanga ba mbere bizeye Yesu, bavutse ubwa kabiri kandi bakanabatizwa mu Mwuka Wera icyarimwe, byombi byababereyeho rimwe.

Iyo turebye ibindi Byanditswe bibikikije tugasesengura n’amateka y’icyo gihe, impamvu yatumye Imana idategereza ko Petero n’abizera bagenzi be babanza kurambika ibiganza kuri abo bizera b’abanyamahanga ngo buzuzwe Umwuka Wera iragaragara. Petero n’abo bizera bandi b’Abayuda ntibyari biboroheye kumva ko umunyamahanga yakizwa, uretse no kuzura Umwuka Wera! Ahari ntibaba barigeze basengera abo mu rugo rwa Koruneliyo ngo babatizwe mu Mwuka Wera, byatumye rero Imana mu butware bwayo yikorera. Iman yigishaga Petero na bagenzi be iby’ubuntu bwayo butangaje ku banyamahanga.

Mbese ni iki cyemeje Petero n’abo bizera bandi b’Abayuda ko abo mu rugo rwa Koruneliyo bahawe umubatizo w’Umwuka Wera koko? Luka yaranditse ati, “Kuko bumvise bavuga izindi ndimi” Ibyak 10:46). Petero yatangaje ko abanyamahanga bahawe Umwuka Wera rwose nk’uko ba bandi ijana na makumyabiri bawuhawe ku munsi wa pentekote (reba 10:47).

Efeso

(Ephesus)

Aha gatanu tubona abizera babatizwa mu Mwuka Wera ni mu Byakozwe n’Intumwa 19. Pawulo ari mu rugendo muri Efeso, yahuye n’abigishwa bamwe ababaza iki kibazo: “Mwahawe Umwuka Wera, mutangiye kwizera?” (Ibyak 19:2).

Pawulo, umuntu wanditse umubare munini w’inzandiko zo mu Isezerano Rishya, biragaragara ko yizeraga rwose ko umuntu ashobora kwizera Yesu ariko ntiyuzure Umwuka Wera mu buryo runaka. Atari ibyo ntiyakabaye yarabajije icyo kibazo.

Abo bantu bashubije ko batigeze banumva na rimwe Umwuka Wera. Mu by’ukuri bari barumvise gusa ko Mesiya agiye kuza, babyumviye kuri Yohana Umubatiza, ari na we wababatije. Pawulo yahereye ko arongera ababatiza mu mazi, noneho icyo gihe babatizwa umubatizo wa gikristo nyakuri. Hanyuma Pawulo abarambikaho ibiganza ngo buzuzwe Umwuka Wera:

Babyumvise batyo babatizwa mu izina ry’Umwami Yesu. Pawulo amaze kubarambikaho ibiganza Umwuka Wera abazaho, bavuga izindi ndimi barahanura. Abo bantu bose bari nka cumi na babiri (Ibyak 19:5-7).

Na none biragaragara ko umubatizo wo mu Mwuka Wera wabanjirijwe no gukizwa, tutitaye ku kureba niba abo bantu cumi na babiri bari barakijijwe cyangwa batari bagakijijwe mbere y’uko bahura na Pawulo. Na none kandi ikimenyetso gikurikirana no kubatizwa mu Mwuka Wera cyabaye kuvuga indimi (aha ho habaye no guhanura).

Icyemejwe

(The Verdict)

Reka dusubiremo turebe za ngero eshanu. Muri enye muri zo nibura, tubona ko kubatizwa mu Mwuka Wera biza nyuma yo gukizwa.

Mu ngero eshatu muri izo eshanu, Ibyanditswe bivuga byeruye ko abujujwe Umwuka Wera bavuze mu zindi ndimi. Ikindi kandi Pawulo ahura na Ananiya, uko byagenze abatizwa mu Mwuka Wera ntabwo bivugwa neza, ariko tuzi neza ko amaherezo yavuze mu ndimi. Aho ni aha kane herekana icyo kimenyetso cyo kuvuga mu ndimi.

Mu rugero rusigaye, hari ikintu cy’igitangaza cyabaye igihe abizera b’i Samariya buzuzwaga Umwuka Wera kuko Simoni yagerageje kugura ubwo bushobozi butuma umuntu arambika abantu ho ibiganza bakuzura Umwuka Wera.

Ni uko rero icyo kimenyetso kiragaragara neza. Mu itorero rya mbere, abizera bavutse ubwa kabiri hari ikindi kintu cya kabiri babonaga ku Mwuka Wera, kandi iyo bamaraga kugihabwa bavugaga mu zindi ndimi. Ibi ntibigomba kudutangaza, kuko Yesu yavuze ko abazamwizera bazavuga mu ndimi nshya.

Nuko rero dufite ibimenyetso bifatika dushingiraho twemeza ko umuntu wese wavutse ubwa kabiri agomba no gukorerwaho undi murimo w’Umwuka Wera–ni ukubatizwa mu Mwuka Wera. Byongeye kandi, buri wizera wese akwiriye kwitegura kuvuga mu zindi ndimi igihe abatijwe mu Mwuka Wera.

Uko umuntu abatizwa mu Mwuka Wera

(How to Receive the Baptism in the Holy Spirit)

Kimwe n’izindi mpano z’Imana zose, Umwuka Wera yakirwa mu kwizera (reba Gal. 3:5). Kugira ngo uwizera agire kwizera gutuma yakira, agomba kubanza akumva neza ko kubatizwa mu Mwuka Wera ari ubushake bw’Imana kuri we. Iyo akibaza cyangwa agishidikanya, ntashobora kuzuzwa (reba Yakobo 1:6-7).

Nta wizera n’umwe ufite impamvu iyo ari yo yose igomba kumubuza kwizera ko ari ubushake bw’Imana kuri we kuzuzwa Umwuka Wera, kuko Yesu yavuze yeruye icyo Imana ishaka kuri ibyo:

None se ko muzi guha abana banyu ibyiza kandi muri babi, So wo mu ijuru ntazarushaho rwose guha Umwuka Wera abamumusabye (Luka 11:13).

Iryo sezerano ryavuye mu kanwa ka Yesu rikwiye kwemeza buri mwana w’Imana wese ko ari ubushake bw’Imana ko yuzura Umwuka Wera.

Uyu murongo na none ushyigikira rya hame ry’uko kubatizwa mu Mwuka Wera biza nyuma yo gukizwa, kuko aha ngaha Yesu yasezeraniraga abana b’Imana (ari bo bantu bonyine bafite Imana ho “Se wo mu ijuru”) ko Imana izabaha Umwuka Wera nabayimusaba. Birumvikana ko iyo tuza kuba dukenera gusa Umwuka Wera mu kuvuka ubwa kabiri igihe cyo gukizwa, ubwo noneho iryo sezerano rya Yesu nta cyo ryaba rimaze nta n’ubwo ryaba ryumvikana. Mu buryo butandukanye n’ubwoko bw’abanyatewolojiya badutse, Yesu we yemera ko bikwiriye cyane ko umuntu wamaze kuvuka ubwa kabiri asaba Imana Umwuka Wera.

Kubwa Yesu, hari ibintu bibiri gusa umuntu agomba kuba yujuje kugira ngo yuzuzwe Umwuka Wera. Icya mbere, Imana igomba kuba ari Se, kandi iba So ari uko uvutse ubwa kabiri. Icya kabiri, ugomba kuyisaba Umwuka Wera.

Nubwo kuzuzwa Umwuka Wera kubwo kurambikwaho ibiganza bihamanya n’Ibyanditswe (reba Ibyak 8:17; 19:6), ntabwo ari ngombwa cyane ku buryo iyo bitabaye ntawe ushobora kuzura Umwuka Wera. Buri mukristo uwo ari we wese ashobora kuzuzwa Umwuka Wera ubwe yiherereye ahantu he asengera. Icyo akeneye gusa ni ugusaba, akakīra mu kwizera, maze agatangira kuvuga mu ndimi uko Umwuka amuhaye kuzivuga.

Ubwoba bukunze kubaho

(Common Fears)

Abantu benshi bakunze gutinya ko nibasenga basaba Umwuka Wera, bashobora kwinjirwa n’abadayimoni aho kwakira Umwuka Wera. Ariko ntaho izo mpungenge zishingiye. Yesu yarasezeranye ati,

Mbese ni nde muri mwe ufite umwana, yamusaba umutsima akamuha ibuye? Cyangwa ifi akamuha inzoka? Cyangwa yamusaba igi akamuha sikorupiyo? None se ko muzi guha abana banyu ibyiza kandi muri babi, So wo mu ijuru ntazarushaho rwose guha Umwuka Wera abamumusabye? (Luka 11:11-13).

Nidusaba Umwuka Wera, Imana izaduha Umwuka Wera, kandi ntidukwiye kugira ubwoba bw’uko hari ikindi icyo ari cyo cyose dushobora guhabwa.

Bamwe bagira impungenge z’uko, nibavuga mu ndimi, azaba ari bo ubwabo bavugagura ibigambo bidafite icyo bivuze, aho kuba ururimi rw’indengakamere rutanzwe n’Umwuka Wera. Nyamara, nugerageza guhimba ururimi runaka utaruzuzwa Umwuka Wera uzabona ko bidashoboka. Ku rundi ruhande, ugomba kumva ko mu kuvuga indimi, uzagomba gukoresha umunwa wawe n’ijwi ryawe. Ni umunwa wawe n’ijwi ryawe bikora si iby’undi. Umwuka Wera si we uza kuvuga mu mwanya wawe–We aguha gusa ibyo uvuga. Ni umufasha wacu ntabwo ari we nyirubwite. Ni wowe ugomba kuvuga, nk’uko nyine Bibiliya ivuga:

Bose buzuzwa Umwuka Wera, batangira[ni bo] kuvuga izindi ndimi nk’uko Umwuka yabahaye kuzivuga (Ibyak 2:4).

Pawulo amaze kubarambikaho ibiganza Umwuka Wera abazaho, bavuga izindi ndimi (Ibyak 19:6).

Iyo uwizera amaze gusaba kuzuzwa Umwuka Wera, agomba kwitegura kuvuga mu zindi ndimi. Bitewe n’uko uwuzura Umwuka Wera amwakira mu kwizera, umwakira ntakwiye kwibwira ko hari ibimenyetso runaka azumva bimugendagenda ku mubiri. Akwiye gusa gufungura umunwa we agatangira kuvuga amagambo mashya n’amajwi mashya bigize ururimi rushya Umwuka Wera amuhaye. Mu gihe uwizera adatangiye kuvuga mu kwizera, nta jambo na rimwe rizasohoka mu kanwa ke kubwa ryo. Ni we ugomba kuvuga, hanyuma Umwuka Wera akamuha ibyo avuga.

Isoko y’ibyo avuga

(The Source of the Utterance)

Dushingiye ku byo Pawulo avuga, igihe uwizera asenga mu ndimi, si ubwenge bwe buba busenga ahubwo ni umwuka we:

Iyo nsenga mu rurimi rutamenyekana umwuka wanjye urasenga, ariko ubwo bwenge bwanjye ntibugira icyo bwungura abandi. Nuko noneho ngire nte? Nzajya nsengesha umwuka wanjye ariko kandi nzajya nsengesha n’ubwenge, nzariririmbisha umwuka wanjye ariko kandi nzaririmbisha n’ubwenge (1 Kor. 14:14-15).

Pawulo yavuze ko iyo asenga mu ndimi, ubwenge bwe butagira icyo bwungura abandi. Ibyo bivuga ko ubwenge bwe nta ruhare bubifitemo, kandi ntasobanukirwa ibyo yasengaga mu ndimi ibyo ari byo. Nuko rero aho guhora asenga mu ndimi gusa atumva n’icyo bisobanuye, Pawulo yafataga n’akanya ko gusengesha ubwenge bwe mu rurimi rwe rusanzwe. Yaririmbaga mu ndimi ariko akaririmba no mu rurimi rwe rusanzwe. Byombi bishobora gukoreshwa mu gusenga no mu kuririmba, kandi byaba byiza gukurikiza urugero rwiza rwa Pawulo rurimo ubushishozi kandi rufashe impu zombi.

Urabona na none ko kuri Pawulo, kuvuga mu ndimi byavaga ku gushaka kwe nko kuvuga ururimi rwe bisanzwe. Yaravuze ati, “Nzajya nsengesha umwuka wanjye ariko kandi nzajya nsengesha n’ubwenge.” Ababinegura bakunze kuvuga ngo niba koko kuvuga mu ndimi by’iki gihe ari impano y’Umwuka, ngo umuntu ntiyashobora kubigenga,ngo kuko yabarwaho icyaha cyo kugenga Imana. Ariko igitekerezo nk’icyo nta shingiro gifite. Kuvuga mu ndimi, byaba ibya kera byaba iby’ubu byose bigengwa n’umuntu nk’uko Imana yagennye ko ari ko bizaba. Noneho abavuga batyo bashobora no kuvuga ngo abantu bafite ibiganza byaremwe n’Imana koko ntibagenga ibiganza byabo, kandi abantu bafata icyemezo kivuye mu bwenge bwabo cyo gukoresha ibiganza byabo ubwo baba bagerageza kugenga Imana.

Iyo umaze kubatizwa mu Mwuka Wera, ushobora kumenya mu buryo bworoshye ko kuvuga mu ndimi kwawe bituruka mu mwuka wawe aho guturuka mu bwenge bwawe. Banza ugerageze kuganira n’umuntu mu gihe usoma n’iki gitabo. Urasanga ko udashobora kubikorera rimwe byombi icyarimwe. Nyamara urasanga bishoboka ko ushobora gukomeza ukavuga mu ndimi kandi ukomeza no gusoma iki gitabo. Impamvu ni uko mu kuvuga mu ndimi udakoresha ubwenge bwawe–izo ndimi zituruka mu mwuka wawe. Nuko rero uko urimo ukoresha umwuka wawe usenga, ushobora gukoresha ubwenge bwawe ugasoma ukumva n’ibyo usoma.

Noneho ubwo umaze kubatizwa mu Mwuka Wera

(Now That You Are Baptized in the Holy Spirit)

Ukomeze kumva mu bwenge bwawe ko impamvu ya mbere yatumye Imana ikubatiza mu Mwuka Wera ari ukugira ngo–iguhe imbaraga cyane cyane zo gushobora guhamya, mu buryo bwo kugaragaza imbuto n’impano z’Umwuka (reba 1 Kor. 12:4-11; Gal. 5:22-23). Mu kubaho ubuzima bugaragaza Kristo kandi bwereka isi urukundo rwe, ibyishimo, n’amahoro ye, ndetse bugaragaza impano z’Umwuka z’indengakamere, Imana izagukoresha yikururireho abandi bantu. Ubushobozi bwo kuvuga mu ndimi buturuka gusa ku “migezi y’amazi y’ubugingo” agomba gutemba aturuka imbere muri wowe.

Kandi wibuke ko Imana yaduhaye Umwuka Wera ngo adushoboze kugeza ubutumwa bwiza ku baba mu isi bose (reba Ibyak 1:8). Iyo tuvuga mu ndimi, tujye tumenya ko ururimi turimo tuvuga rushobora kuba ari ururimi ruvugwa n’ubwoko runaka mu bindi bihugu bya kure. Uko dusenze mu ndimi, tujye twibuka ko Imana ishaka ko buri bwoko bwo mu isi bw’indimi zose bubwirwa ubutumwa bwa Yesu. Ugomba gusaba Imana ikatwereka uko twagira uruhare mu gusohoza Inshingano ikomeye Yesu yaduhaye.

Kuvuga mu ndimi ni ikintu tugomba gukora kenshi mu buryo bushoboka bwose. Pawulo, ikigega cy’imbaraga cy’umwuka, yaranditse ati, “Nshimira Imana yuko mwese mbarusha kuvuga indimi zitamenyekana” (1 Kor. 14:18). Ibyo yabyandikiye Itorero ryavugaga mu ndimi cyane (nubwo bazivugaga mu gihe kitari cyo). Pawulo rero agomba kuba yaravugaga mu ndimi cyane umuntu warushaga abantu nk’abo. Gusenga mu ndimi bidufasha gukomeza kwibuka ko dufite Umwuka Wera uba muri twe, kandi udufasha “gusenga ubudahwema” nk’uko Pawulo yavuze mu 1 Abatesalonike 5:17.

Pawulo kandi yaravuze ati gusenga mu zindi ndimi byungura/byubaka uwizera (reba 1 Kor. 14:4). Ibyo bisobanuye ko byubaka umuntu mu buryo bw’umwuka. Gusenga mu ndimi byngera imbaraga umuntu w’imbere, mu buryo tudashobora gusobanukirwa neza. Kuvuga mu zindi zitamenyekana byakagombye kuba ikintu cya buri munsi cyungura ubuzima bw’umwuka bw’uwizera ntibibe ibintu by’umunsi umwe gusa igihe wuzuzwaga Umwuka Wera bwa mbere.

Umaze kubatizwa mu Mwuka Wera, ndagukangurira kujya ufata umwanya buri munsi ugasenga Imana mu rurimi rwawe rushya wahawew. Bizatuma ubuzima bwawe bw’umwuka butera imbere cyane kandi ukure mu mwuka.

Ibisubizo ku Bibazo Bimwe Bikunze Kubazwa

Answers to a Few Common Questions

Dushobora guhamya rwose ko abantu bose batigeze bavuga mu ndimi na rimwe batigeze babatizwa mu Mwuka Wera? Jye si ko mbyumva.

Iteka iyo nsengera abantu ngo babatizwe mu Mwuka Wera, mbabwira ko bagomba kwitegura kuvuga mu ndimi, kandi wenda abagera kuri 95% y’abo nsengeye mu masegonda macye nkimara kubasengera bahita batangira kuvuga mu ndimi. Ubateranije bagera ku bihumbi mu myaka yose ishize.

Nyamara, sinavuga ko umukristo wasenze asaba kubatizwa mu Mwuka akaba ataravuze mu ndimi, ko ubwo atabatijwe mu Mwuka Wera, kuko kubatizwa mu Mwuka ari ibintu wakira mu kwizera naho kuvuga mu ndimi bituruka ku bushake bw’umuntu. Ariko iyo ngize amahirwe yo kuganira n’uwizera wasengeye kubatizwa mu Mwuka ariko ntiyigere avuga mu ndimi, ndabanza nkamwereka Ibyanditswe byose biri mu gitabo cy’Ibyakozwe n’intumwa bivuga kuri ibyo. Hanyuma na none nkereka uwo mwizera ukuntu Pawulo yagengaga kuvuga mu ndimi cyangwa kutazivuga. Nanjye, nka Pawulo, nshobora kuvuga mu ndimi igihe icyo ari cyo cyose nshakiye, kandi nshatse nshobora gufata icyemezo cyo kutazongera kuvuga mu ndimi na rimwe. Bityo rero, nashoboraga kuba naruzuye Umwuka Wera ariko sinigere mvuga mu ndimi iyo ntaza kwemerera Umwuka Wera ngo mvuge ururimi rwe ampaye.

Nuko rero na none, iyo ngize amahirwe yo kuganira n’umukristo wasenze mu kwizera abatizwe mu Mwuka Wera, ariko akaba ataravuze mu zindi ndimi, simubwira (nta n’ubwo ari ko nizera) ko atabatijwe mu Mwuka Wera. Musobanurira gusa ukuntu kuvuga mu ndimi atari ikintu Umwuka Wera yakorera ahandi hatari muri twe. Musobanurira ko Umwuka Wera atanga ururimi ariko ko ari twe tuvuga, nk’uko umuntu avuga iyo avuga ururimi rwe rusanzwe. Hanyuma ngakangurira uwo muntu gufatanya n’Umwuka Wera akamwemerera agatangira kuvuga mu ndimi. Hafi ya bose bahita batangira kuvuga mu ndimi.

Mbese Pawulo Ntiyanditse Ko Atari Bose bavuga Indimi?

(Didn’t Paul Write that Not All Speak with Tongues?)

Ikibazo cy’ubuhanga Pawulo abaza ati, “Bose bavuga izindi ndimi?” (1 Kor. 12:30) kandi igisubizo cyacyo cyumvikana cyane ni “Oya,” kigomba guhuzwa n’ibindi Byanditswe byo mu Isezerano Rishya. Ikibazo cye kijyanye n’amabwiriza yatangaga ku mpano z’Umwuka, kandi zikora uko Umwuka abishatse (reba 1 Kor. 12:11). Pawulo by’umwihariko yandikaga avuga ku mpano y’Umwuka yo kuvuga”indimi nyinshi” (1 Kor. 12:10) kandi iyo mpano, nk’uko Pawulo avuga, igomba kuba iherekejwe n’impano y’umwuka yo gusobanura indimi. Iyi mpano igomba kuba atari yo yari iri mu Itorero ry’i Korinto ihagaragara buri gihe, kuko bavugaga mu ndimi mu ruhame kandi ntanusobanura. Dukwiye kubaza iki kibazo tuti, Kuki Umwuka Wera yaha umuntu impano yo kuvuga mu ndimi mu ruhame ariko ntamuhe impano yo kuzisobanura?Igisubizo ni uko Umwuka Wera adashobora kubikora. Bigenze bityo Umwuka Wera yaba ashyigikira ibintu bitari mu bushake bw’Imana.

Abakorinto bagomba kuba barasengaga mu ndimi bavuga cyane mu materaniro yabo, kandi nta kuzisobanura guhari. Ubwo rero, tubona ko kuvuga mu ndimi biri uburyo bubiri. Uburyo bumwe ni ugusenga mu ndimi, ari byo Pawulo yavuze ko bigomba kuba iby’umuntu ku giti cye. Ubwo buryo bwo kuvuga mu ndimi ntibugomba guherekezwa no gusobanura, nk’uko Pawulo yanditse ati, , “Umwuka wanjye urasenga, ariko ubwo bwenge bwanjye ntibugira icyo bwungura abandi” (1 Kor. 14:14). Biragaragara ko Atari buri gihe Pawulo yasobanukirwaga ibyo avuga iyo avuga mu ndimi. Ntiyabisobanukirwaga, nta no gusobanura kwari guhari.

Nyamara kandi, hari ubundi buryo bwo kuvuga mu ndimi bwagenewe gukoreshwa mu ruhame mu materaniro y’itorero, kandi uko kuvuga mu ndimi kuba guherekejwe n’impano yo gusobanura indimi. Ibyo biba igihe Umwuka Wera aje ku muntu nk’uko abishatse, akamuha iyo mpano. Uwo muntu ararangurura mu ruhame akavuga mu ndimi, hanyuma bigakurikirwa no kuzisobanura. Ariko Imana ntikoresha buri wese ityo. Ni yo mpamvu Pawulo yanditse avuga ko atari bose bavuga mu ndimi. Si bose bakoreshwa n’Imana mu buryo bw’ako kanya bw’impano y’indimi iziye aho, nk’uko Imana idakoresha buri wese mu mpano yo gusobanura indimi. Ubwo ni bwo buryo bwonyine bwo guhuza cya kibazo cya Pawulo ngo, “Bose bavuga izindi ndimi?” n’icyo ibindi Byanditswe bivuga.

Nshobora kuvuga mu ndimi igihe cyose nshakiye, nk’uko Pawulo yashoboraga kubikora. Nuko rero, yaba Pawulo cyangwa jye, ntawavuga ngo kuvuga mu ndimi kwe biterwa n’uko “Umwuka ashaka gusa.” Biterwa n’uko dushatse. Nuko rero ibyo dukora igihe cyose dushatse ntibishobora kuba impano yo kuvuga mu ndimi ikora gusa “uko Umwuka ashatse.” Ikindi kandi, Pawulo, kimwe nanjye, yavugaga mu ndimi ari wenyine adasobanukirwa ibyo avuga, ubwo rero iyo ntishobora kuba ya mpano y’indimi yanditse mu 1 Abakorinto, igomba kuba iherekejwe n’impano yo gusobanura indimi.

Ni gake cyane navugiye indimi mu materaniro. Ni igihe gusa nabaga numvise Umwuka Wera anyobora kubikora ntyo, nubwo nashoboraga (nk’uko Abakorinto bakoraga) gusenga mu ndimi mvuga cyane igihe cyose nshatse kandi nta no kuzisobanura guhari. Igihe cyose numvise uko kuyoborwa n’Umwuka Wera ansunika kuvuga mu ndimi, iteka hagiye habaho no kuzisobanura kandi bigafasha itorero.

Mu kwanzura, tugomba gusobanura Bibiliya mu buryo bwo guhuza neza Ibyanditswe. Abanzura bavuga ko abizera bose batagomba kuvuga mu ndimi,ngo kubera ikibazo cya Pawulo cyo mu 1 Abakorinto 12:30, baba birengagije ibindi Byanditswe byinshi bidahuza n’iyo nsobanuro yabo. Bitewe n’uko kwibeshya kwabo, bahomba umugisha ukomeye w’Imana.