Guhangana, Kubabarira, no Kwiyunga (Confrontation, Forgiveness and Reconciliation)

Igice Cya Makumyabiri na Kane (Chapter Twenty-Four)

Ubwo twigaga kuri ya nyigisho ya Yesu yigishiriza ku musozi mu gice twabonye mbere, twabonye ukuntu ari ngombwa kubabarira abaducumuyeho. Nitutabababarira, Yesu yavuze ku mugaragaro ko Imana natwe itazatubabarira (reba Mat. 6:14-15).

Bivuga iki kubabarira umuntu? Reka turebe icyo Bibiliya ivuga.

Yesu yagereranyije kubabarira no guharira umuntu umwenda (reba Mat. 18:23-35). Tekereza nk’umuntu waba agufitiye amafaranga hanyuma ukamusonera ntazirirwe akwishyura. Ugashanyura urupapuro rw’amasezerano yari yaragusinyiyeho umuguriza ayo mafaranga. Ntuba ugitegereje kuzishyurwa, kandi ntuba ukirakariye uwakuririye umwenda. Uba umureba mu buryo butandukanye n’uko wamubonaga akigufitiye amafaranga.

Na none kandi dushobora kumva icyo kubabarira bivuze turebye icyo bivuze kubabarirwa n’Imana. Iyo itubabariye icyaha, ntiba ikitubaraho ibyo twakoze byayibabaje. Ntiba ikiturakariye kubw’icyo cyaha. Ntiba ikibiduhaniye. Tuba twariyunze na yo.

Ni ko bimeze nanjye iyo mbabariye umuntu koko, ndamubohora rwose nkamurekura mu mutima wanjye,ngatsinda igitekerezo cyo kumujyana mu butabera cyangwa kwihorera mu buryo bwo kumugirira imbabazi. Simba nkirakariye uwo muntu wampemukiye. Tuba twiyunze. Ariko igihe nkomeje kurakarira umuntu no kumubikira inzika, ntabwomba namubabariye.

Abakristo kenshi bajya bibeshya kuri ibyo byerekeranye no kubabarira. Umuntu akavuga ati narababariye, kuko azi ko ari cyo yagombaga gukora, nyamara akibitse inzika mu mutima we ku muntu wamubabaje. Akirinda guhura n’uwo muntu wamuhemukiye kuko uko amubonye bituma bwa burakari bwo mu mutima bwongera kuzamuka. Ibyo mvuga ndabizi, nanjye byambayeho. Tureke kwishuka. Wibuke ko Yesu adashaka ko tunarakarira mwene Data (reba Mat. 5:22).

Reka noneho mbaze ikibazo: Ni nde byoroshye kubabarira, ari umuntu uhemuka agasaba imbabazi n’uguhemukira ntagusabe imbabazi? Birumvikana, twese turemeranya ko byoroshye cyane kubabarira umuntu wemera icyaha cye akagisabira imbabazi. Mu byukuri biroroshye cyane ku buryo butagereranywa kubabarira umuntu usaba imbabazi kurusha kubabarira utazisaba. Kubabarira umuntu atabishaka bisa nk’ibidashoboka.

Reka tubirebere mu rundi ruhande. Niba kutababarira uwagucumuyeho ugusaba imbabazi no kutababarira uwagucumuyeho utagusaba imbabazi byose ari ibyaha, icyaha gikomeye ni ikihe? Ndibwira ko twese twakwemeranya ko niba byose ari ibyaha, kwima imbabazi umuntu uzigusaba yihana byaba ari bibi cyane kurushaho.

Igitangaje Muri Bibiliya

(A Surprise from Scripture)

Ibi byose bituma mbaza ikindi kibazo: Mbese Imana ishaka ko tubabarira buri wese uducumuyeho, n’abadashaka kwicisha bugufi ngo bemere icyaha cyabo basabe imbabazi?

Uko tugenda twiga dusesengura ibyanditswe, dusanga igisubizo ari “Oya.” Mu buryo bushobora gutungura Abakristo benshi, Bibiliya igaragaza neza ko, nubwo dutegekwa gukunda abantu bose, ndetse n’abanzi bacu, tudasabwa kubabarira buri wese.

Urugero, mbese Yesu ashaka ko tubabarira gusa mwene Data uducumuyeho? Oya, ntabidusaba. Iyo biba ari uko bimeze ntaba yaratubwiye gukurikiza za ntambwe enye zo kugera ku bwiyunge ziri muri Matayo 18:15-17, intambwe zisozereza ku guca uwo muntu iyo yanze kwihana:

Mwene So nakugirira nabi, ugende umumenyeshe icyaha cye mwiherereye, nakumvira uzaba ubonye mwene So. Ariko natakumvira umuteze undi cyangwa babiri, ngo ‘ijambo ryose rikomere mu kanwa k’abagabo babiri cyangwa batatu.’ Kandi niyanga kumvira abo uzabibwire Itorero, niyanga kuryumvira na ryo, azakubeho nk’umupagani cyangwa umukoresha w’ikoro.

Biragaragara ko iyo bigeze ku ntambwe ya kane (gucibwa), nta mbabazi ziba zahawe uwakoze icyaha, kuko imbabazi no guca bitagendana. Byaba bitangaje wumvise umuntu avuga ngo, “Twaramubabariye turangije turamuca,” kuko kubabarira bibyara kwiyunga, bitabyara gutandukana. (Wabyumva ute Imana ikubwiye iti, “Ndakubabariye, ariko ntaho ngihuriye nawe uhereye none”?) Yesu yatubwiye ko umuntu uciwe tumufata nk’ “umupagani cyangwa umukoresha w’ikoro,” abo bose ni abantu Abayuda batagiraga aho bahurira na bo ndetse mu byukuri barabanenaga.

Mu ntambwe enye Yesu yavuze, ntabwo imbabazi zihita zitangwa nyuma y’intambwe ya mbere, iya kabiri cyangwa iya gatatu keretse gusa igihe uwakoze icyaha yihannye. Iyo kuri buri ntambwe atihannye, ajyanwa ku yindi ntambwe kandi akaba agifashwe nk’umunyabyaha wanze kwihana. Keretse gusa igihe uwacumuye yemeye “kukumva” (ni ukuvuga kwihana), ni ho umuntu ashobora kuvuga ko “ubonye mwene So” (ni ukuvuga ko muzaba mwiyunze).

Impamvu y’izi ntambwe zose ni ukugira ngo imbabazi zitangwe. Ariko imbabazi, na none zishingira ku kwihana k’uwakoze icyaha. Ubwo rero (1) dutera izi ntambwe zose dufite icyizere cy’uko uwacumuye (2) yihana kugira ngo dushobore (3) kumubabarira.

Ubwo ibyo byose bimeze bityo, dushobora kuvuga tudashidikanya ko Imana itadutegeka kubabarira gusa mwene Data waducumuyeho kandi akaba adashaka no kwihana nyuma y’izi ntambwe zose. Ariko na none birumvikana ko ibi bitaduha uburenganzira bwo kwanga mwene Data wakoze icyaha. Ahubwo dutera izi ntambwe zose ku bw’urukundo dukunda mwene Data tukaba dushaka kumubabarira no kwiyunga na we.

Nyamara kandi igihe twakoze uko dushoboye ngo tugere ku bwiyunge mu gutera za ntambwe eshatu Yesu yavuze, intambwe ya kane ishyira iherezo ku mubano wacu n’uwo muntu mu rwego rwo kumvira Kristo.[1] Nk’uko tutagomba kwifatanya n’abitwa ngo ni Abakristo b’abasambanyi, abasinzi, n’abatinganyi n’abandi (reba 1 Kor. 5:11), ntitugomba no kwifatanya n’ingirwa Bakristo banga kumvira Itorero ryose ngo bihane. Abantu nk’abo baba berekana ko batari abayoboke ba Kristo nyakuri, kandi baba bakoza isoni Itorero rye.

Urugero Imana itanga

(God’s Example)

Dukomeza kureba inshingano dufite yo kubabarira abandi, twakwibaza n’impamvu Imana yadusaba gukora ikintu yo ubwayo idakora. Ntidushidikanya ko Imana ikunda abantu baba bacumuye ndetse iba ikibategeye amaboko yiteguye kubababarira. Itinza umujinya wayo ikabaha umwanya wo kugira ngo bihane. Ariko mu byukuri kubabarirwa kwabo biba bishingiye ku kwihana kwabo. Imana ntibabarira umunyabyaha keretse iyo yihannye. None se kuki twakumva ko Imana yadusaba ibirenze ibyo?

Ubwo bimeze bityo se, ntibyaba bishoboka ko icyaha cyo kutababarira Imana yanga urunuka ari ukutababarira abadusaba imbabazi? Biratangaje kubona ukuntu nyuma y’aho Yesu amariye kuvuga za ntambwe enye z’imyifatire y’itorero, Petero yabajije ati Him,

“Databuja, mwene Data nangirira nabi, nzamubabarira kangahe? Ngeze karindwi?” Yesu aramusubiza ati, “Sinkubwiye yuko ugeza karindwi, ahubwo mirongo irindwi karindwi” (Mat. 18:21-22).

Mbese petero yibwiye ko Yesu ashaka ababarira mwene Data udashaka kwihana incuro amagana ku byaha amagana ubwo Yesu yari amaze akanya amubwiye gufata mwene Data utihana nk’umupagani cyangwa umukoresha w’ikoro ku bw’icyaha kimwe? Ibyo sibyo rwose. Na none ntufata umuntu nk’uwo kunenwa mu gihe wamubabariye.

Ikindi kibazo gikwiye gutuma dutangira gutekereza tukibaza ni iki: Niba Yesu ashaka ko tubabarira mwene Data incuro amagana ku byaha amagana, ni ukuvuga ngo tugakomeza umubano na we, kuki yemera ko dutandukana n’abo twashakanye kubera icyaha kimwe gusa badukoreye, icyaha cy’ubusambanyi, niba uwo mwashakanye atakihannye (reba Mat. 5:32)?[2] Ibyo ahubwo byaba bivuguruzanya.

Gukomereza Kuri icyo gitekerezo

(An Elaboration)

Yesu akimara kubwira Petero kubabarira mwene Se incuro magana ane na mirongo icyenda , aca amugani ashaka gufasha Petero gusobanukirwa icyo yashakaga kuvuga:

Nicyo gituma ubwami bwo mu ijuru bwagereranywa n’umwami washatse kubarana n’abagaragu be umubare w’ibyo yababikije. Abanje kubara, bamuzanira umwe muri bo yishyuza italanto inzovu[Ibi bingana n’umushahara w’imyaka 5000 ushingiye ku gihembo giciriritse cy’umubyizi mu gihe cya Yesu]. Ariko kuko yari adafite ibyo kwishyura, shebuja ategeka kumugura n’umugore we n’abana be n’ibyo afite byose, ngo umwenda ushire. Umugaragu aramupfukamira aramwinginga ati, “Mwami, nyihanganira nzakwishyura byose.” Shebuja aramubabarira aramureka, amuharira umwenda. Ariko uwo mugaragu arasohoka, asanga umugaragu mugenzi we yagurije idenariyo ijana [zihwanye n’umushahara w’iminsi ijana]; aramufata aramuniga, aramubwira ati, “Nyishyura umwenda wanjye.” Umugaragu mugenzi we yikubita hasi, aramwinginga ati, “Nyihanganira nzakwishyura.” Ntiyakunda maze aragenda amushyira mu nzu y’imbohe, kugeza aho azamarira kwishyura umwenda. Abagaragu bagenzi be babibonye barababara cyane, baragenda babibwira shebuja uko bibaye byose. Maze shebuja aramuhamagara aramubwira ati, ” Wa mugaragu mubi we, naguhariye wa mwenda wawe kuko wari unyinginze, nawe ntiwari ukwiriye kubabarira mugenzi wawe nk’uko nakubabariye?” Shebuja ararakara, amuha abasirikare kugeza aho azamarira kwishyura umwenda wose. Na Data wo mu ijuru ni ko azabagira, nimutababarira umuntu wese mwene so mubikuye mu mutima (Mat. 18:23-35).

Urabona ko umugaragu wa mbere yababariwe kuko abisabye shebuja. Hanyuma urabona ko umugaragu wa kabiri na we yicishije bugufi agasaba wa mugaragu wa mbere imbabazi. Umugaragu wa mbere ntiyahaye umugaragu wa kabiri icyo we yahawe, kandi icyo ni cyo cyarakaje cyane shebuja. Niba ari uko bimeze se, Petero yaba yaratekereje ko Yesu ashaka ko ababarira mwene se udashaka kwihana kandi utigeze asaba n’imbabazi, ikintu kitagaragara na gato muri uriya mugani wa Yesu? Ntabwo byumvikana ko ari byo, cyane cyane ko Yesu yari amaze kumubwira ko agomba gufata mwene Data utihana, nyuma yo gutera za ntambwe zose, nk’umupagani cyangwa umukoresha w’ikoro.

Ntibinashoboka ko Petero yaba yaratekereje ko asabwa kubabarira mwene Data utihana ukurikije igihano Yesu yavuze tuzahabwa nitutababarira bene Data tubikuye mu mutima. Yesu yavuze ko umwenda twari twarahariwe uzasubizwaho maze tugashyikirizwa abasirikare tugakubitwa kugeza ubwo tuzishyurira umwenda tutazigera dushobora kwishyura. Mbese icyo cyaba ari igihano kitarimo akarengane ku mukristo utababarira mwene Se, mwene Se n’Imana ubwayo itababarira? Iyo mwene data ancumuyeho, aba acumuye no ku Mana, kandi Imana ntimubabarira atihannye. Mbese imana yaba ishyize mu gaciro iramutse impaniye kutababarira umuntu na yo ubwayo itababariye?

Muri macye

(A Synopsis)

Yesu ibyo adusaba mu kubabarira bene Data bigaragara neza mu magambo ye ari muri Luka 17:3-4:

Mwirinde! Mwene So nakora nabi umucyahe, niyihana umubabarire. Kandi nakugirira nabi ku munsi umwe, akaguhindukirira karindwi ati, “Ndihannye,” uzamubabarire.

Mbese hari ukundi byakumvikana neza kurushaho? Yesu ashaka ko tubabarira bene Data igihe bihannye. Iyo dusenga ngo, “Uduharire imyenda yacu nk’ukoo natwe twahariye abarimo imyenda yacu,” tuba dusaba Imana ngo idukorere ibyo twakoreye abandi. Ntidushobora kwibwira ko Imana yatubabarira tutayibisabye. None se kuki twumva ko Imana yadutegeka kubabarira abatabisabye?

Na none twongere twibutse ko ibi bitaduhesha uburenganzira bwo kubika inzika kuri mwene Data muri Kristo waduhemukiye. Dutegekwa gukundana. Ni cyo gituma dusabwa gusanga mwene Data wadukoreye icyaha kugira ngo turebe ko twakwiyunga, kandi kugira ngo ashobore kwiyunga n’Imana na yo yacumuyeho. Icyo ni cyo urukundo rukora. Ariko kenshi cyane Abakristo baravuga ngo bababariye mwene Data wabakoreye icyaha, nyamara ari ukwiyerurutsa gusa ahubwo ari ukwirinda guhura na we. Mu byukuri ntibaba bababariye, kandi bigaragarira mu bikorwa byabo. Bakora uko bashoboye ngo batabonana na wa wundi wabakoreye icyaha kandi kenshi baba bavuga ukuntu yabababaje. Nta kwiyunga kuba guhari.

Iyo dukoze icyaha Imana iradusanga mu buryo bw’Umwuka Wera uba muri twe ikatwereka icyaha cyacu kuko idukunda kandi ikaba ishaka kutubabarira. Tugomba kuyigana, tukegera mu rukundo mwene Data wadukoreye icyaha tukamwereka icyaha cye tugamije ko yakwihana, tukamubabarira hanyuma tukiyunga.

Imana iteka ishaka ko abantu bayo bakundana urukundo nyakuri, urukundo rushobora gutuma umuntu acyaha mugenzi we, ariko urukundo rutabika inzika. Iri ni itegeko riri mu mategeko ya Mose:

Ntukangire mwene wanyu mu mutima wawe, ntukabure guhana mugenzi wawe kugira ngo utizanira icyaha ku bwe. Ntugahōre, ntukagirire inzika abo mu bwoko bwawe, ahubwo ukunde mugenzi wawe nk’uko wikunda. Ndi Uwiteka (Lewi 19:17-18).

Ikivuguruza ibyo

(An Objection)

Ariko se twavuga iki ku magambo ya Yesu muri Mariko 11:25-26? Mbese ntiyerekana ko tugomba kubabarira buri muntu wese ku kintu icyo ari cy cyose tutitaye ko badusabye imbabazi cyangwa batazidusabye?

Kandi nimuhagarara musenga hakaba hari umuntu wabagiriye nabi,mumubabarire kugira ngo So wo mu ijuru na we abababarire ibyaha byanyu. Ariko nimutababarira abandi, So wo mu ijuru nawe ntazabababarira ibyaha byanyu.

Uyu murongo ntukuraho iyindi mirongo yose twamaze kubona. Twamaze kubona ko ikintu kibabaza Imana cyane ari ukwima imbabazi umuntu uzigusaba. Nuko rero dushobora gusobanura uyu murongo duhereye kuri iryo hame risanzwe rihari. Ahangaha Yesu arashimangira gusa ko tugomba kubabarira abandi niba natwe dushaka ko Imana itubabarira. Ntabwo arimo atubwira uburyo bwihariye bwo kubabarira n’icyo umuntu agomba gukora kugira ngo undi amuhe imbabazi.

Urabona kandi hano ko Yesu atavuga ko tugomba gusaba Imana imbabazi kugira ngo ibone kuziduha. None se twirengagize ibindi byose Bibiliya ivuga ku kubabarira kw’Imana gushingira ku gusaba imbabazi kwacu (reba Mat 6:12; 1 Yohana 1:9)? Mbese tuvuge ko atari ngombwa ko dusaba Imana imbabazi igihe dukoze icyaha kuko hano Yesu atabivuze? Ibyo byaba bibuzemo ubushishozi dukurikije ibyo Bibiliya itubwira. Na none kandi nta bwenge burimo kwirengagiza ibindi byose Bibiliya ivuga ku kubabarira abandi bishingiye ku ko basabye imbabazi.

Ikindi

(Another Objection)

Mbese Yesu ntiyasengeye ba basirikare bagabanaga imyambaro ye ati, “Data, ubababarire kuko batazi icyo bakora” (Luka 23:34)? Ibi se ntibishatse kwerekana ko Imana ibabarira abantu batiriwe bayibisaba?

Nibyo ariko ku rugero runaka gusa. Bigaragaza ko Imana igirira impuhwe abari mu bujiji, ikabadohorera. Kuko Imana ikiranuka rwose, ibara icyaha ku bantu igihe gusa bacumuye bazi neza ko ari icyaha barimo bakora.

Yesu kuba yarasengeye abo basirikare kuvuga ko bibahesheje ijuru–icyo bivuze gusa ni uko batabarwaho icyaha cyo kugabana imyambaro y’Umwana w’Imana, kandi bitewe gusa n’ubujiji bwabo bwo kutamenya uwo ari we. Bo bumvaga gusa ari undi mugizi wa nabi nk’abandi bose bagomba kwica. Nuko rero Imana igira imbabazi ku gikorwa ubusanzwe cyagombaga gutuma bacirwaho iteka iyo baza kuba bazi neza ibyo barimo bakora.

Ariko se Yarasenze ngo Imana ibabarire buri muntu wagize uruhare runaka mu kubabazwa kwe? Oya. Urugero, nka Yuda, Yesu yaravuze ngo icyari kumubera cyiza ni iyo ataza kuba yaravutse (reba Mat 26:24). Biragaragara ko Yesu atasenze ngo Se ababarire Yuda. Ahubwo yasenze asaba ibinyuranye n’ibyo–iyo dufashe ko Zaburi 69 na 109 ari isengesho rya Yesu ry’ubuhanuzi nk’uko iyo urebye ari ko Petero yabyumvaga (reba Ibyak 1:15-20). Yesu yasenze asaba ko Yuda agibwaho n’urubanza, umuntu wakoze icyaha Atari ukuvuga ko atazi icyo akora.

Nk’abantu baharanira gutera ikirenge mu cya Kristo, tugomba kugirira imbabazi abaduhemukira batazi ibyo bakora, urugero abatizera nka ba basirikare bagabanye imyambaro ya Yesu batazi icyo bakora. Yesu ashaka ko twereka imbabazi nyinshi abatizera, ko dukunda abanzi bacu, tukagirira neza abatwanga, tugahesha umugisha abatuvuma kandi tugasengera abatugirira nabi (reba Luka 6:27-28). Tugomba kugerageza kuzimanganyisha urwango rwabo urukundo, ikibi tukagitsindisha icyiza. Ibi no mu mategeko ya Mose byarimo:

Nuhura n’inka y’umwanzi wawe cyangwa n’indogobe izimira, ntukabure kuyimuzanira. Kandi nusanga indogobe y’umwanzi wawe umutwaro ihetse yawugwanye, ukagira ngo wirengagize kumufasha, ntukabure kumufasha (Kuva 23:4-5)

Ira iUmwanzi wawe nasonza umugaburire, nagira inyota umuhe amazi yo kunywa, kuko uzaba urunze amakara yaka ku mutwe we, kandi Uwiteka azakugororera (Imig. 25:21-22).

Biratangaje kubona ukuntu nubwo Yesu yadutegetse gukunda abanzi bacu, kugirira neza abatwanga, guha umugisha abatuvuma, gusengera abatugirira nabi (Luka 6:27-28), atigeze atubwira kugira uwo tubabarira muri bo. Dushobora mu byukuri gukunda abantu kandi tutabababariye–nk’uko Imana ikunda abantu kandi itarabababariye. Si ukuvuga ngo dushobora kubakunda gusa ahubwo tugomba kubakunda, nk’uko twabitegetswe n’Imana. Kandi urukundo tubafitiye rugomba kugaragarira mu bikorwa.

Kuko Yesu yasabiye ba basirikare bigabanyaga imyambaro ye ngo Se abababarire ntibivuga ko Imana ishaka ko twirengagiza ibindi byose Bibiliya itubwira kuri ibyo ngo hanyuma tubabarire buri wese uducumuyeho. Icyo bitubwira gusa ni uko tugomba kubabarira, tutabanje no kubitekerezaho, abantu badasobanukiwe ko barimo bacumura kandi tukereka imbabazi zidasanzwe abatizera.

Naho se Yosefu?

(What About Joseph?)

Yosefu, wagize imbabazi cyane akababarira bene se bamugurishije, rimwe na rimwe atangwaho urugero rw’ukuntu tugomba kubabarira buri wese wadukoreye icyaha yaba adusabye imbabazi cyangwa atazidusabye. Ariko se icyo ni cyo inkuru ya Yosefu itubwira?

Oya, si cyo itubwira.

Yosefu yashyize bene se mu gihe cy’igerageza n’isuzuma kigera ku mwaka agamije kubageza ku kwihana. Yanashyize umwe muri bene se mu ibohero muri Egiputa kumara amezi atandatu (reba Itang. 42:24). Aho bene se bamariye kwemera icyaha cyabo (reba Itang. 42:21; 44:16), n’umwe muri bo akemera kwitangaho incungu mu cyimbo cy’uwo se yakundaga cyane (reba Itang. 44:33), Yosefu yamenye batakiri ba bandi b’abanyeshyari kandi bikunda gusa bari baramugurishije. Noneho ubwo ni ho yemeye kubihishurira akababwira uwo ari we kandi abwira abari baramuhemukiye amagambo meza yo kubarema umutima. Iyo Yosefu aza guhita “abababarira” ntibari kuzigera bihana. Kandi icyo ni cyo kibi cy’ ubutumwa bw’ “imbabazi zihutiyeho kuri buri wese” bujya bubwirizwa muri iki gihe. Kubabarira bene Data badukoreye icyaha tutabanje kubereka icyaha cyabo bigira ingaruka z’uburyo bubiri: (1) Imbabazi za nyirarureshwa zitazana ubwiyunge, (2) abanyabyaha batihana kandi ibyo bigatuma badakura mu mwuka.

Gukurikiza Ibyo muri Matayo 18:15-17

( The Practice of Matthew 18:15-17)

Nubwo ziriya ntambwe enye Yesu yavuze ziganisha ku bwiyunge zumvikana mu buryo bworoshye, ariko kuzishyira mu bikorwa bishobora kugorana. Igihe Yesu yashyiragaho ziriya ntambwe enye, yabivuze ashingiye ku muntu, tuvuge mwene Data A wumva ko, mu buryo bugaragara, mwene Data B yamukoreye icyaha. Nyamara mu byukuri, mwene Data A ashobora kuba atari mu kuri. Reka noneho turebe ikibazo mu mpande zacyo zose zishoboka.

Niba mwene Data A adashidikanya ko mwene Data B yamucumuyeho, yakagombye kubanza akareba neza niba atarimo akabya guca imanza, abona akatsi kari mu jisho rya mwene Data B. Uducumuro duto tumwe na tumwe ugomba kutwirengagiza ukababarira (reba Mat. 7:3-5). Nyamara niba mwene Data A akomeza kumva yarakomeretse mu mutima ku bwa mwene Data B kubera icyaha gikomeye yamukoreye, akwiye kumusanga akamwereka icyaha cye.

Agomba kubimubwira biherereye, nk’uko Yesu yategetse, mu buryo bwo kwereka mwene Data B urukundo. Agomba kuba asunitswe n’urukundo kandi intego ye ikaba ubwiyunge. Nta wundi n’umwe agomba kubwira uko yamucumuyeho. “Urukundo rutwikira ibyaha byinshi” (1 Pet. 4:8). Iyo dukunda umuntu ntidushaka gushyira hanze ibyaha bye; turamuhishīra.

Uko kumusanga amubwira uko yamucumuyeho agomba kubikorana umutima mwiza amwereka urukundo. Agomba kuvuga nk’uku ati, “Mwene Data B, mu byukuri ubucuti bwacu mbuha agaciro cyane. Ariko hari ikintu cyabaye cyatumye habaho igisīka mu mutima wanjye kintandukanya nawe. Ntabwo nifuza ko icyo gisīka cyabaho, ni yo mpamvu ngomba kukubwira igituma numva wampemukiye kugira ngo twiyunge. Niba kandi nanjye hari uruhare nabigizemo, nifuza ko wambwira.” Nuko noneho n’umutima mwiza akabwira mwene Data B icyo cyaha icyo ari cyo.

Akenshi usanga mwene Data B atarigeze anamenya ko yababaje mwene Data A, nuko akimara kumenya ko yamubabaje, agahita asaba imbabazi. Iyo bigenze bityo, mwene Data A agomba guhera ko ababarira mwene Data B. Ubwiyunge buba bwabaye.

Ikindi gishoboka ni uko mwene Data B ashobora gushaka kwisobanura avuga ko icyabiteye ari uko mwene Data A na we yari yamukoreye icyaha. Igihe bimeze bityo mwene Data B yakabaye yararebye mwene Data A akabimubwira mbere. Ariko ubu noneho habonetse uburyo bwo kuvugana kandi haba habonetse ibyiringiro by’ubwiyunge.

Muri icyo gihe buri wese avuga uko yumva yahemukiwe, kandi akemera ibyo ashinjwa, nuko bakababarirana. Ubwiyunge buba bugezweho.

Icya gatatu gishoboka ni uko A na B bashobora kunanirwa kwiyunga. Icyo gihe rero baba bakeneye gufashwa, ni cyo gihe cy’intambwe ya kabiri.

Intambwe ya Kabiri

(Step Two)

Byakabaye byiza kurushaho mwene Data A na mwene Data B baramutse bemeranyije ku muntu waza kubafasha kugera ku bwiyunge. Ibyaba byiza cyane ni uko bene Data C na D baba aria bantu bazi kandi bakunda A na B bombi, ibyo bigatanga icyizere ko nta kubogama kuri bubeho. Kandi bene Data C na D nib o gusa bagomba kubwirwa iby’ayo makimbirane ku bw’urukundo n’icyubahiro bya A na B.

Igihe mwene Data adashaka kumvikana ngo bemeranye ku bantu babafasha, ni aha mwene Data A ho gushaka mwene Data umwe cyangwa babiri bashobora kubafasha.

Niba bene Data C na D ari abanyabwenge ntibazaca urubanza batarumva impande zombi A na B. C na D bamaze guca urubanza, A na B bagomba kwicisha bugufi bakubaha umwanzuro babahaye bagasabana imbabazi kandi buri wese agakora ibyo asabwe gukora.

Bene Data C na D ntibagomba kugerageza kugaragaza kutabogama cyane ngo bashake gusaba ko bene Data bombi A na B bihana kandi mu byukuri ugomba kwihana ari umwe gusa. Bagomba kumenya ko A cyangwa B umwe muri bo naramuka yanze uko baciye urubanza, ikibazo kigomba kugezwa ku Itorero ryose kandi icyo gihe imikirize yabo ifutamye y’urubanza izagaragarira buri wese. Icyo kigeragezo cya C na D cyo gushaka kugumana ubucuti bafitanye n’impande zombi bagashaka gupfukirana ukuri ni yo mpamvu abantu babiri baca urubanza baruta umwe, kuko baterana imbaraga mu guca urubanza rw’ukuri. Ikindi kandi, umwanzuro bafashe ugira uburemere mu maso ya A na B.

Intambwe ya Gatatu

(Step Three)

Igihe A cyangwa B umwe yanze urubanza rwaciwe na C na D, ikibazo kiba kigomba gushyikirizwa Itorero ryose. Iyi ntambwe ya gatatu ntijya ikorerwa na rimwe mu matorero -dini–kandi ku bw’impamvu yumvikana–byagira ingaruka yo gucamo Itorero kabiri kuko abantu bagenda babogamira ku ruhande rumwe abandi ku rundi. Ntabwo Yesu yigeze ashaka ko Itorero ry’ahantu runaka ryaba rinini kurenza umubare w’abantu bashobora gukwirwa mu nzu. Bene iryo torero rito ringana n’umuryango w’umuntu aho buri wese aba azi A na B kandi abitayeho ni ryo Torero Bibiliya ivuga rikwiriye gutererwamo intambwe ya gatatu. Mu Itorero dini, intambwe ya gatatu igomba guterwa mu rwego rw’itsinda rito rigizwe n’abantu bazi kandi bakunda A na B. Iyo A na B ari abayoboke b’amatorero atandukanye, hagomba gutoranywa itsinda rito kuri buri ruhande bakaba ari bo baca urubanza.

Itorero rimaze guca urubanza, bene Data A na B bagomba guhera ko bubahiriza imyanzuro, bumva neza ingaruka zo kuyisuzugura izo ari zo. Usaba imbabazi akazisaba, ubabarira akababarira hanyuma bakiyunga.

Iyo A cyangwa B abwiwe gusaba imbabazi akanga, agomba gushyirwa hanze y’Itorero kandi ntihagire umuntu n’umwe w’Itorero wongera kugirana imigenderanire na we. Akenshi, iyo bigeze aho, uwo wanga kwihana aba yamaze kwikura mu Itorero ubwe, kandi ashobora no kuba yaragiye mbere iyo atigeze agonda ijosi ku ntambwe n’imwe. Ibyo bigaragaza ko ataba ashikamye mu rukundo akunda umuryango we w’umwuka.

Ikibazo Rusange

(A Common Problem)

Mu matorero- dini, ubusanzwe abantu bakemura ibibazo bafitanye na bagenzi babo mu kuva muri iryo torero bakajya mu rindi, aho pasitori, urimo agerageza kwiyubakira ubwami bwe akoresheje uburyo bwose ndetse nta n’ubusabane afitanye n’abandi bapasitori, ahita yakira abantu nk’abo akajya mu ruhande rwabo mu gihe bamubwira inkuru zabo z’ukuntu bahuye n’ibyago muri iryo torero rindi bavuyemo. Ibyo rero bihindura ubusa za ntambwe zigana ku bwiyunge Yesu yategetse. Kandi akenshi igikunze kugaragara ni uko nyuma y’amezi macye cyangwa imyaka wa muntu waje yahemukiwe n’umuntu wo mu Itorero yavuyemo, ntibitinda n’iryo yaje ahungiyemo arivamo na ryo akajya mu rindi na none hari uwamuhemukiye.

Yesu yashakaga ko amatorero aba mato ku buryo Itorero rikwirwa mu rugo, kandi ko abapastori/abakuru b’Itorero/abepisikopi batuye mu gace kamwe bazakorera hamwe ku buryo bafitanye ubumwe. Bityo rero umuntu aciwe mu Itorero rimwe akaba aciwe mu matorero yose. Ni inshingano ya buri mupastori/mukuru w’Itorero/mwepisikopi kubaza buri mukristo uje mu itorero rye itorero yajyaga asengeramo hanyuma akabaza ubuyobozi bw’iryo torero niba akwiriye kwakira uwo muntu.

Gahunda y’Imana y’Itorero Ryera

( God’s Intention for a Holy Church)

Ikindi kibazo gihuriweho n’amatorero dini ni abantu benshi baza mu rusengero ari ukwiyerekana gusa, b’ibyigenge ntawe ubakoraho kuko kuza mu rusengero ari ahantu bumva ko ari aho kuza gusa guhurira n’abandi bagasabana bisanzwe. Kubw’ibyo rero ntawe umenya uko babayeho, cyane cyane pastori; bityo abantu bakiranirwa bagakomeza kuzana ikizinga ku itorero bateraniramo. Abo hanze bakabona rero ko nta tandukaniro riri hagati y’abatizera n’abakrisito.

Iki kintu ubwacyo cyakagombye kuba ikimenyetso gihagije kuri buri muntu ko ubu buryo bw’amatorero dini atari ko Imana ishaka Itorero ryayo ryera. Abantu batejejwe b’indyarya iteka bihisha mu matorero dini manini, bagakoza isoni Kristo. Nyamara duhereye ku byo twasomye muri Matayo 18:15-17, biragaragara neza ko Yesu yashakaga ko itorero rye riba iry’abantu bejejwe bakaba abantu bamaramaje kandi bahora baharanira kwiyeza. Isi yajya ireba itorero ikabona umugeni we wera. Icyo ab’isi babona uyu munsi ni maraya ukomeye, umugore utari umwizerwa ku mugabo we.

Ibyo by’itorero ryejejwe ni byo byumvikana cyane mu magambo ya Pawulo igihe yavugaga ku kibazo gikomeye cyari mu itorero ry’i Korinto. Umwe mu bagize itorero aho ngaho kandi wari wemewe yari ari mu buzima bw’ubusambanyi asambana na muka se:

Inkuru yamamaye hose yuko muri mwe habonetse ubusambanyi, ndetse bw’uburyo butaboneka no mu bapagani, umuntu kwenda muka se. Namwe murihimbaza aho kubabara, kandi ari byo byari bibakwiriye ngo uwakoze icyo cyaha akurwe muri mwe, kuko jyewe nubwo ntari kumwe namwe mu mubiri nahoranye namwe mu mwuka, kandi ubwo bimeze bityo namaze gucira ho iteka uwakoze ibisa bityo nk’aho mpari, kandi ubwo nari nteraniye hamwe namwe mu mutima wanjye dufite ububasha bw’Umwami wacu Yesu, nahawe ubutware na we kugira ngo uwo muntu muhe Satani umubiri we urimbuke, umwuka we ubone kuzakira ku munsi w’Umwami Yesu ….Nabandikiye muri rwa rwandiko ko mutifatanya n’abasambanyi. Ariko sinavuze ko mudaterana rwose n’abasambanyi bo mu b’iyi si, cyangwa abifuza ibibi cyangwa abanyazi cyangwa abasenga ibishushanyo, kuko iyo biba bityo mwari mukwiriye kuva mu isi. Ahubwo none nabandikiye ko mutifatanya n’uwitwa mwene Data, niba ari umusambanyi cyangwa uwifuza ibibi, cyangwa usenga ibishushanyo cyangwa utukana, cyangwa umusinzi cyangwa umunyazi, umeze atyo ntimugasangire na we. Mbese mpuriye he no gucira abo hanze urubanza? Namwe abo mucira urubanza si abo muri mwe? Abo hanze Imana ni yo izabacira ho iteka. Mukure uwo munyabyaha muri mwe (1 Kor. 5:1-5, 9-13).

Ntibyari bikenewe ko umuntu nk’uwo arinda gucishwa muri za ntambwe zose kuko byagaragaraga neza ko atari umwizera nyakuri. Pawulo yamwise “uwitwa mwene Data” n’ “umunyabyaha.” Hanyuma kandi nyuma y’imirongo micye, Pawulo arandika ati,

Ntimuzi yuko abakiranirwa batazaragwa ubwami bw’Imana? Ntimwishuke. Abahehesi cyangwa abasenga ibishushanyo, cyangwa ibitingwa cyangwa abagabo bendana, cyangwa abajura cyangwa abifuza, cyangwa abasinzi cyangwa abatukana cyangwa abanyazi, bene abo ntibazaragwa ubwami bw’Imana (1 Kor. 6:9-10).

Biragaragara neza ko Pawulo yizeraga ko abantu b’abanyangeso mbi, nk’uriya mugabo wo mu itorero ry’i Korinto, bagaragaza ko kwizera kwabo gupfuye. Abantu nk’abo ntibagomba gufatwa nka bene Data ngo bacishwe muri za ntambwe enye z’ubwiyunge. Bagomba gucibwa, ” bagahabwa Satani,” kugira ngo itorero ritabashyigikira muri uko kwibeshya kwabo, kandi hakaba hari ibyiringiro by’uko bazabona ko bakwiriye kwihana kugira ngo “bazakizwe ku munsi w’Umwami Yesu” (1 Kor. 5:5).

Mu matorero manini hirya no hino mu isi muri iki gihe, rimwe na rimwe haba hari amagana y’abantu bitwa abakristo, ariko mu buryo bwa Bibiliya bakaba ari abapagani bakwiriye gucibwa bakavanwa mu itorero. Ibyanditswe bitwereka neza ko Itorero rifite inshingano yo kuvana muri ryo abahehesi, abasambanyi, abatinganyi, abasinzi n’abandi batihana. Nyamara bene abo bantu, mu izina ry’ “ubuntu”, muri iki gihe akenshi mu itorero ni bo bashyirwa mu matsinda y’abaterankunga b’itorero bagashyigikirwa n’abandi “bizera” bahuje ibibazo. Iki ni igitutsi ku mbaraga zihindura ubugingo z’ubutumwa bwiza bwa Yesu Kristo.

Abakozi b’Imana baguye

(Fallen Leaders)

Icya nyuma, mbese umukozi w’Imana wihannye yahera ko asubizwa mu mirimo ye ako kanya igihe yaguye mu cyaha gikomeye (nk’ubusambanyi)? Nubwo Imana ishoka ibabarira ako kanya uwo mukozi wayo wihannye (kandi n’itorero ni ko rikwiye kubigenza), aba yatakaje icyizere imbere y’abo yigisha. Icyizere kirakorerwa, bitwara igihe ucyubaka. Ni cyo gituma umukozi w’Imana waguye agomba kwikura mu murimo akicisha bugufi munsi y’ubuyobozi bw’umwuka buhari kugeza ubwo yongera kugaragaza ko ashobora kugirirwa icyizere. Agomba mbese gutangira bundi bushya. Udashaka guca bugufi ngo akore uturimo tworoheje kugira ngo yongere agarurirwe icyizere na we ntakwiye kugira umuntu n’umwe mu itorero umuyoboka nk’umukozi w’Imana.

Mu Ncamake

(In Summary)

Nk’abakozi b’Imana bahindura abantu abigishwa tukaba dusabwa “guhana, gutesha, guhugura, dufite kwihangana kose no kwigisha” (2 Tim. 4:2), twe kugira isoni z’umuhamagaro wacu. Twigishe abigishwa bacu gukundana urukundo nyakuri mu kwihanganiranira iteka, igihe bibaye ngombwa umuntu agasanga mugenzi we mu bugwaneza akamwereka icyaha yamukoreye, hakabaho kuzana abandi bakabafasha igihe bibaye ngombwa, kandi igihe cyose umuntu asabwe imbabazi akazitanga. Mbega ukuntu ari byiza kurusha za mbabazi za nyirarureshwa zitageza ku bwiyunge ngo zomore ibikomere! Kandi duharanire kumvira Umwami kuri buri kintu cyose kugira ngo Itorero rye rikomeze kuba iryera ritagira umugayo, kandi rihesha izina rye icyubahiro!

Ushaka gukomeza kwiga neza ibyo kwitatura na mwene So n’ibyerekeye guhana kw’Itorero, urebe Rom. 16:17-18; 2 Kor. 13:1-3; Gal. 2:11-14; 2 Tes. 3:6, 14-15; 1 Tim. 1:19-20, 5:19-20; Tito 3:10-11; Yak. 5:19-20; 2 Yoh 10-11.

 


[1] Bifite ishingiro gutekereza ko uwaciwe aramutse nyuma aje kwihana, Yesu icyo ashaka ari uko yahabwa imbabazi.

[2] Niba uwo mwashakanye ari Umukristo, ugomba kumucisha muri za ntambwe eshatu Yesu yashyizeho zigana ku kwiyunga mbere yo gutandukana. Niba uwo mwashakanye wasambanye yemera kwihana ugomba kumubabarira nk’uko Yesu yabitegetse.