Umurimo wo Kwigisha (The Ministry of Teaching)

Igice cya Gatandatu (Chapter Six)

Muri iki gice turi burebe impande zitandukanye z’umurimo wo kwigisha. Kwigisha ni inshingano y’intumwa, abahanuzi, abavugabutumwa,[1] abungeri/abakuru b’itorero/abepiskopi, abigisha (birumvikana), ndetse n’abayoboke ba Kristo bose, ku rugero runaka, kuko twese twahamagariwe guhindura abantu abigishwa, tubigisha kwitondera ibyo Kristo yategetse byose.[2]

Nk’uko nari nigeze kubishimangira, umupastori cyangwa undi mukozi w’Imana uhindura abantu abigishwa mbere na mbere yigisha mu buryo bwo kuba intanga-rugero, hanyuma akigisha no mu magambo. Abwiriza ibyo akora.Intumwa Pawulo, wahebuje mu guhindura abantu abigishwa, yaranditse ati:

Mugere ikirenge mu cyanjye nk’uko nanjye nkigera mu cya Kristo(1 Kor. 11:1).

Iyi yakagombye kuba intego ya buri mukozi w’Imana–gushobora kubwira abo ayoboye abikuye ku mutima ati, “Munyigane.Niba mushaka kumenya uko umuyoboke wa Kristo yifata mu mibereho ye, munyitegereze.”

Mu kubigereranya, ndibuka mbwira itorero nigeze gushumba nti, “Ntimunkurikire…mukurikire Kristo !” N’ubwo ntabyumvaga muri icyo gihe, ariko ubwo narimo nemera ko ntari urugero rwiza rwo gukurikizwa. Mu by’ukuri narimo nemera ko jye ntayobotse Kristo nk’uko nagombaga, narangiza nkabwira abandi bose gukora ibyo jye ndakora! Ibi bitandukanye cyane n’ibyo Pawulo yavugaga. Ukuri ni uko, niba tudashobora kubwira abantu ngo batwigane kuko natwe twigana Kristo, tuba dukwiye kuva mu murimo w’Imana, kuko abantu bafata abakozi b’Imana nk’ibyitegererezo byabo. Itorero ni ishusho y’abayobozi baryo.

Kwigisha Ubumwe mu Gutanga Urugero

(Teaching Unity by Example)

Reka ubu buryo bwo kwigisha uba icyitegererezo tubukoreshe tuvuga ku kwigisha ubumwe.Abapastori bose/abakuru b’itorero/abepiskopi bifuza ko umukumbi bayoboye ubana mu bumwe. Banga ko amatorero yabo yiremamo ibice. Bazi ko kwicamo ibice ari ikizira ku Uwiteka. Ibyo ari byose Yesu yadutegetse gukundana nk’uko yadukunze (reba Yohana 13:34-35). Gukundana ni cyo kimenyetso kigaragariza isi itwitegereza ko turi abigishwa be. Bityo rero, abayoboye imikumbi bose bahamagarira intama zabo ko bagomba gukundana bagaharanira ubumwe bwabo.

Nyamara, twe nk’abakozi b’Imana bagomba mbere na mbere dukoresheje kuba icyitegererezo, kenshi turatsindwa cyane mu myigishirize yacu ku rukundo n’ubumwe mu mibereho yacu. Urugero,nk’igihe twerekanye kubura urukundo n’ubumwe hagati yacu n’abandi bapastori, tuba dutanga ubutumwa buvuguruza ubwo tubwiriza mu matorero yacu. Twarangiza tugashaka ko abo tuyoboye bakora ibyo twebwe tudakora.

Ikigaragara ni uko, amagambo akomeye Yesu yavuze ku byerekeye ubumwe yayabwiye abayobozi ababwira uko bakwiye kubana na bagenzi babo b’abayobozi nka bo. Urugero, nk’igihe yatangizaga Ifunguro Ryera, Yesu amaze kwoza abigishwa be ibirenge, yarababwiye ati,

Munyita Shobuja n’Umwigisha, ibyo mubivuga neza kuko ari ko ndi koko. Nuko rero, ubwo mbgeje ibirenge ndi Shobuja n’Umwigisha, ni ko namwe mukwiriye kubyozanya. Mbahaye icyitegererezo, kugira ngo mukore nk’uko mbakoreye ( Yohana 13:13-15). [Urabona ko Yesu yigishaga yitangaho icyitegererezo.]

Kenshi abapastori bakoresha iyi mirongo bahamagarira imikumbi yabo gukundana, kandi birakwiye.Nyamara amagambo ari muri iyi mirongo yabwirwaga abayobozi, intumwa cumi n’ebyiri.Yesu yari azi ko bitazorohera itorero rye kugera ku ntego abayobozi badafite ubumwe hagati yabo cyangwa bapiganwa. Ni yo mpamvu yabigaragaje mu buryo bwumvikana cyane, avuga ko ashaka ko abayobozi bo mu bwami bwe, buri wese aba umugaragu wa mugenzi we.

Nk’uko umuco wo mu gihe cya Yesu wari umeze, yagaragaje guca bugufi akora umurimo wari usuzuguritse cyane kurusha indi yose umukozi wo mu rugo yakoraga, kwoza ibirenge. Iyo Yesu aza kujya mu muco w’ahandi ikindi gihe kitari nk’icyo, wenda aba yaraviduye imisarani cyangwa akoza utudobo abigishwa be batamo imyanda/pubeli. Mbese ni bangahe mu bakozi be b’iki gihe bashaka kugaragariza bagenzi babo urukundo rumeze rutyo no guca bugufi?

Mu gihe kitageze ku isaha imwe, Yesu yasubiyemo kenshi ubwo butumwa bukomeye abutsindagira. Nyuma y’iminota micye gusa Yesu amaze kuboza ibirenge, yabwiye iryo tsinda ry’abayobozi b’itorero b’ejo hazaza ati:

Ndabaha itegeko rishya ngo mukundane nk’uko nabakunze, mube ari ko namwe mukundana. Ibyo ni byo bose bazabamenyeraho ko muri abigishwa banjye, nimukundana (Yohana 13:34-35).

Birumvikana ko ayo magambo areba abigishwa ba Kristo bose, ariko mbere na mbere yabwiwe abayobozi babwirwa uko bagomba kubana n’abandi bayobozi.

Na none mu minota micye, Yesu arongera ati,

Ngiri itegeko ryanjye: mukundane nk’uko nabakunze.Ntawe ufite urukundo ruruta urw’umuntu upfira incuti ze. (Yohana 15:12-13).

Wibuke ko aha na none Yesu yabwiraga abayobozi.

Mu masegonda macye na none arongera ati,

Ibyo mbibategekeye kugira ngo mukundane ( Yohana15:17 ).

Hanyuma na none mu minota micye, abigishwa ba Yesu bumva abasengera ngo,

Jye sinkiri mu isi ariko bo bari mu isi, naho jye ndaza kuri wowe.Data Wera, ubarindire mu izina ryawe wampaye, ngo babe umwe nk’uko natwe turi umwe (Yohana 17:11).

Hanyuma na none mu masegonda macye, Yesu agikomeza gusenga, abigishwa bumva avuga ati,

Sinsabira aba bonyine, ahubwo ndasabira n’abazanyizezwa n’ijambo ryabo, ngo bose babe umwe nk’uko uri muri jye, Data, nanjye nkaba muri wowe ngo na bo babe umwe muri twe, ngo ab’isi bizere ko ari wowe wantumye.Nanjye mbahaye ubwiza wampaye, ngo babe umwe nk’uko natwe turi umwe. Jyewe mbe muri bo nawe ube muri jye, ngo babe umwe rwose, ngo ab’isi bamenye ko ari wowe wantumye, ukabakunda nk’uko wankunze. (Yohana 17:20-23).

Rero mu kanya katagera ku isaha, Yesu yari amaze gushimangira incuro esheshatu abwira abayobozi be b’ejo hazaza agaciro k’ubumwe kandi berekanisha ubumwe bwabo guca bugufi bagakundana bagakorerana. Biragaragara ko ibi byari ibintu by’ingenzi cyane kuri Yesu. Ubumwe bwabo ni rwo rwari urufunguzo rwo kugira ngo ab’isi bamwizere.

Mbese turimo turabyubahiriza dute?

(How Well Are We Doing?)

Ikibabaje ni uko igihe twiringira ko abakristo tuyoboye baba umwe mu rukundo, abenshi muri twe dutangira gupiganwa tukanakoresha uburyo bugayitse bwo kubaka amatorero yacu dusenya ayandi. Abenshi muri twe duhungira kure gusabana n’abandi bapastori tudahuje inyigisho. Tunamamaza kubura ubumwe kwacu ku byapa dushyira ku miryango y’insengero zacu kugira ngo ab’isi babibone, dutangariza buri wese tuti: “Ntabwo twe tumeze nka ba bakristo bandi bo mu zindi nsengero.” (Kandi twakoze akazi gakomeye ko kwigisha isi tukayumvisha kubura ubumwe kwacu, kuko abatizera benshi bazi cyane ko idini rya gikristo ari idini ririmo ibice byinshi.)

Mu magambo macye, ntidukora ibyo twigisha, kandi icyitegererezo tubihaho ni cyo kigisha abakristo bacu kurusha inyigisho dutanga zerekeye ubumwe. Ni ubupfapfa kwibwira ko abakristo basanzwe bazagira ubumwe n’urukundo hagati yabo mu gihe abayobozi babo bakora ibitandukanye na byo.

Umuti nta wundi, birumvikana, ni ukwihana.Tugomba kwihana urugero rubi twatanze imbere y’abizera n’imbere y’ab’isi.Tugomba gukuraho inzitiro zidutanya tugatangira gukundana nk’uko Yesu yategetse.

Ibyo bivuga ko tugomba mbere na mbere guhura n’abandi bapastori n’abakozi b’Imana bandi, barimo n’abo tudahuje inyigisho (doctrine). Simvuga gusābāna n’abapastori batigeze bavuka bwa kabiri, badaharanira kumvira Kristo, cyangwa bari mu murimo kubw’inyungu zabo bwite. Abo ni amasega yambaye uruhu rw’intama, kandi Yesu yatubwiye uko dushobora kubamenya neza.Bamenyekanira ku mbuto zabo.

Ahubwo ndavuga abapastori n’abandi bakozi b’Imana bihatira gukomeza amategeko ya Yesu, bene Data nyakuri muri Kristo. Niba uri umupastori wakagombye kwitangira gukunda abandi bapastori, ukerekana urwo rukundo mu bikorwa imbere y’umukumbi wawe. Uburyo bumwe bwo kubitangira ni ugusanga abandi bapastori bo mu gace utuyemo ukabasaba imbabazi ko utabakunda uko wagombaga kubakunda. Ibyo bizagira ibisīka bisenyura. Noneho mwiyemeze kujya muhura musangire ifunguro, mukomezanye, muhugurane kandi musengere hamwe. Ibyo bimaze kuba, hanyuma mushobora no kuganira mu rukundo ku nyigisho zibatanya, mugaharanira ubumwe, mwakwemeranya cyangwa mutakwemeranya ku byo mujyaho impaka byose. Nungutse ibintu byinshi ubwo naje gushyira nkemera gutega amatwi abakozi b’Imana tutahuzaga mu nyigisho nemera. Nari narahombye cyane kumara imyaka myinshi muri uko kwiziba amatwi.

Ushobora no kwerekana urukundo rwawe n’ubumwe utumira abandi bapastori bakaza kubwiriza mu itorero ryawe cyangwa mu iteraniro ryo mu rugo cyangwa mushobora kugira ibiterane bihuza itorero ryawe n’ayandi cyangwa n’andi matsinda ateranira mu Ngo.

Ushobora guhindura izina ry’itorero ryawe ku buryo budatangariza isi ko hari ukutifatanya n’abandi mu mubiri wa Kristo. Ushobora kuva mu bintu byo kwitirirwa idini runaka ukifatanya gusa n’umubiri wa Kristo, ubwo ukaba utanga ubutumwa ku bantu bose ko wizera ko Yesu arimo yubaka itorero rimwe gusa, atari amatorero menshi atandukanye adashobora guhuza.

Ibi ndabizi birumvikana nk’ibikabije. Ariko se kuki twakora ibintu byashyigikira ibyo Yesu atigeze agambirira na rimwe gukora? Kuki twajya mu bintu bimubabaza? Nta madini cyangwa amashyirahamwe adasanzwe avugwa muri Bibiliya. Ubwo Abakorinto bari bacitsemo ibice bitewe n’uko hari abigisha bikundira kurusha abandi, Pawulo yarabacyashye, avuga ko amacakubiri yabo agaragaza ko ari abanyamubiri kandi ko ari abana bato mu mwuka (reba 1 Kor. 3:1-7). Ese amacakubiri yacu hari ikindi yerekana kitari icyo?

Ikintu cyose kidutanya ni icyo kwamaganwa. Amatorero yo mu Ngo agomba kwirinda kwiyita amazina cyangwa kujya mu mpuzamatorero zifite amazina. Mu Byanditswe Byera tubona ko itorero ryitirirwaga gusa urugo riteraniramo. Amatsinda y’amatorero yitirirwaga imijyi yabarizwagamo. Yose yumvaga ko agize itorero rimwe; umubiri wa Kristo.

Hari Umwami umwe gusa n’ubwami bumwe. Umuntu uwo ari we wese wishyiriye hejuru kugira ngo abizera cyangwa amatorero amwitirirwe aba arimo yubaka ubwami bwe mu bwami bw’Imana. Yari akwiye kwitegura ahubwo guhagarara imbere y’Umwami uvuga ati, “Icyubahiro cyanjye sinzagiha undi” (Yes. 48:11).

Ibi byose birashaka na none kuvuga ko abakozi b’Imana bakwiye gutanga urugero rukwiye rwo kumvira Kristo imbere y’abantu bose, kuko abantu bazakurikiza urugero rwabo. Urugero batanga mu buryo babayeho imbere y’abandi ni bwo buryo bukomeye bwo kwigisha. Nk’uko Pawulo yandikiye abizera b’i Filipi ati:

Bene Data, mugere ikirenge mu cyanjye muhuje imitima, kandi mwite ku bakurikiza ingeso zacu, izo mudufiteho icyitegererezo (Fili. 3:17 ).

Ibyo Tugomba Kwigisha

(What to Teach)

Nka Pawulo, umukozi w’Imana uhindura abantu abigishwa agira intego. Iyo ntego ni iyo “kugira ngo tumurikire Imana umuntu wese, amaze gutunganirizwa rwose muri Kristo” (Kolo. 1:28b). Nuko kimwe na Pawulo, “akamamaza Kristo aburira umuntu wese amwigishanya ubwenge bwose” (Kolo. 1:28a). Urabona ko Pawulo atigishirizaga kwungura abantu ubumenyi cyangwa kubashimisha gusa.

Umukozi w’Imana uhindura abantu abigishwa ashobora gufatanya na Pawulo kuvuga ati, “Intego yo kwigisha kwacu ni ukugira ngo bagire urukundo ruva mu mutima uboneye kandi uticira urubanza, bagire no kwizera kutaryarya” (1 Tim. 1:5). Bisobanura ko ashaka kurema ishusho ya Kristo nyayo no kwera mu bugingo bw’abantu ashinzwe, ari cyo gituma yigisha abizera kumvira amategeko ya Kristo yose. Yigisha ukuri ahugurira abamwumva “kugira umwete wo kubana n’abantu bose amahoro n’uwo kwezwa, kuko utejejwe atazareba Umwami Imana” (Heb. 12:14).

Umukozi w’Imana uhindura abantu abigishwa asobanukiwe ko Yesu yategetse abigishwa be ko bagomba kwigisha abigishwa babo kwitondera ibyo yabategetse byose, ntabwo ari bimwe gusa muri byo (reba Mat. 28:19-20). Areba neza ko nta na kimwe mu byo Kristo yategetse yaba yirengagije ngo areke kucyigisha, nuko rero iteka yigisha umurongo ku wundi mu butumwa bwiza no mu nzandiko zitandukanye za Bibiliya. Aho ni ho dusanga amategeko ya Yesu kandi ni ho yongera gushimangirwa.

Ubu buryo bwo kwigisha Ijambo uko ryakabaye kandi butuma kwigisha kwe hatabamo kongeraho cyangwa gukuraho ku byanditswe. Iyo twigisha gusa dukurikije ingingo runaka dushaka kwigishaho, usanga twibanze cyane ku nyigisho abantu bakunda, izo badakunda tukazireka. Ariko umwigisha wigisha umurongo ku murongo, ntiyigisha ku rukundo rw’Imana gusa, ahubwo yigisha no ku mategeko yayo ndetse n’umujinya wayo. Ntiyigisha avuga ku migisha yo kuba umukristo gusa, ahubwo avuga n’inshingano z’umukristo. Ntabwo atinda ku tuntu duto, ngo yibande ku bintu bidafite agaciro cyane maze ngo narangiza yirengagize iby’ingenzi. (Yesu yavuze ko Abafarisayo ari cyo kibazo bagiraga; reba Mat. 23:23-24.)

Gutsinda Ubwoba bwo Kwigisha Umurongo ku wundi

(Overcoming Fears of Expository Teaching)

Abapastori benshi batinya kwigisha umurongo ku murongo bitewe n’ uko haba hari byinshi badasobanukiwe mu Byanditswe Byera, hanyuma bagatinya ko abakristo babo bamenya ko batabizi! Ibyo, birumvikana, ni ubwibone. Nta muntu n’umwe ku isi usobanukiwe neza Ibyanditswe Byera byose. Na Petero yavuze ko mu nzandiko za Pawulo harimo bimwe biruhije gusobanukirwa (reba 2 Pet. 3:16).

Igihe umupastori wigisha umurongo ku murongo ageze ku murongo cyangwa amagambo adasobanukiwe, yakagombye gusa kubwira ab’itorero rye ko ibyo atabyumva neza akabisimbuka agakomeza. Ashobora no gusaba itorero kumusengera kugira ngo Umwuka Wera amufashe kubyumva. Kwicisha bugufi kwe kuzabera abo ayoboye urugero rwiza; ubwabyo ni inyigisho/ikibwirizwa ( sermon).

Umupastori/umukuru w’itorero/umwepiskopi w’itorero ryo mu rugo aba afite icyo arusha abandi mu kwigisha itsinda ry’abantu bacye kuko bashobora kumubaza n’ibibazo arimo arigisha. Ibi bitanga n’uburyo bwo kuba Umwuka Wera yahishurira abandi mu itsinda ku Byanditswe barimo biga. Ni uburyo bwiza bwo kwiga bushobora gufasha buri wese.

Ahantu heza ho gutangiriraho kwigisha amategeko ya Kristo ni muri ya nyigisho yigishirije ku musozi avuga abahiriwe abo ari bo iri muri Matayo 5-7. Yesu yahatangiye amategeko menshi, kandi afasha n’Abayuda bamuyobotse gusobanukirwa neza amategeko ya Mose. Mu kanya ndi buze kwigisha umurongo ku murongo nigisha kuri ya nyigisho Yesu yigishirije ku musozi nerekana uko byakorwa.

Gutegura Ikibwirizwa/Icyigisho

(Sermon Preparation)

Nta kintu na kimwe kigaragaza ko mu Isezerano Rishya hari umupastori/umukuru w’itorero/umwepiskopi n’umwe wigeze ategura inyigisho yaburi cyumweru, yuzuye neza iteguye ingingo ku ngingo n’ingero zo kubisobanura byanditse neza ku rupapuro, nk’uko tubona abakozi b’Imana benshi bo muri iki gihe babigenza. Mu by’ukuri nta n’umwe muri twe watekereza Yesu akora ibintu nk’ibyo! Kwigisha mu itorero rya mbere byaturukaga mu mutima ako kanya bitabanje gutegurwa kandi abantu bahererekanya amagambo, umwigisha abaza ibibazo bakamusubiza, hakurikijwe uburyo Abayuda babikoragamo, Atari uguhagarara hariya ngo umuntu avuge disikuru nk’uko Abagiriki n’Abaroma babigiraga, ari wo muco waje kwakirwa n’itorero rimaze kuba idini. Niba Yesu yarabwiye abigishwa be ngo ntibazategure ibyo bireguza nibajyanwa imbere y’abacamanza, akabasezeranira ko Umwuka Wera azabahera ahongaho amagambo atavuguruzwa, dukwiye kwizera ko Imana yafasha ishobora gufasha mu rwego runaka abapastori bahagaze mu materaniro!

Ibi ntabwo bishatse kuvuga ko abakozi b’Imana batagomba kwitegura mu gusenga no mu kwiga Ijambo. Pawulo yahuguye Timoteyo ati:

Ujye ugira umwete wo kwishyira Imana nk’ushimwa, umukozi udakwiriye kugira ipfunwe, ukwiriranya neza ijambo ry’ukuri (2 Tim. 2:15).

Abakozi b’Imana bakurikiza amabwiriza ya Pawulo ngo “Ijambo rya Kristo ribe muri mwe rigwiriye” (Kolo. 3:16) bazuzura Ijambo ry’Imana ku buryo bazajya bigisha bakura ku “bibasendereye.” Nuko rero ncuti pastori, icy’ingenzi kuri wowe ni uko wibira wese muri Bibiliya. Niba uzi neza ibyo ugiye kuvuga kandi bikurimo ubikunze, ntayindi myiteguro mu by’ukuri ikenewe kugira ngo ugeze ku bandi ukuri kw’Imana. Byongeye kandi, iyo wigisha umurongo ku wundi, ushobora kugenda ukoresha umurongo ukurikiyeho nk’ingingo yawe yindi ugiye kwigishaho. Noneho gutegura kwawe byaba gusenga utekereza ku mirongo uri bwigisheho. Iyo uyoboye itorero ryo mu rugo, kubera imiterere yo kuhigisha ari nk’ibiganiro abantu batanga ibitekerezo, gutegura isomo ho bizanarushaho kudakenerwa.

Umukozi w’Imana ufite kwizera ko Imana yumufasha arimo yigisha azagororerwa ubufasha bw’Imana. Ubwo rero ugabanye kwiyizera wowe ubwawe no kwizera ibyo wateguye ku mpapuro, ahubwo urusheho kwizera Imana. Buhoro buhoro uko ugenda wongera kwizera no gushira amanga, uzagenda ugabanya ibyo utegura ku mpapuro kugeza ubwo uzajya witwaza utuntu ducye two kwiyibutsa gusa ku ngingo uri buvugeho cyangwa ukatureka rwose.

Uwita cyane ku kuntu ahagaze imbere y’abantu n’uko bamubona ni we wishingikiriza cyane ku nteguro zo ku mpapuro kuko aba afite impungenge z’uko yakora ikosa mu ruhame. Akwiye kumenya ko ubwo bwoba bwe bushingiye ku mutekano mucye uturuka ku bwibone. Byamubera byiza kurushaho atitaye ku buryo agaragara imbere y’amaso y’abantu ahubwo agahangayikishwa cyane n’ukuntu we n’abamwumva bagaragara imbere y’amaso y’Imana. Ubutumwa butateguwe ku rupapuro bukora ku mitima y’ababwumva bufite amavuta y’Umwuka. Wibaze ukuntu ibiganiro by’abantu byaba bibishye, umuntu agiye abanza gutegura ku rupapuro ingingo ari buganireho na mugenzi we! Ikiganiro cyaba gipfuye! Kuvuga ibivuye ku mutima bitabanje gutegurwa bigaragaramo ukuri kurusha disikuru zateguwe. Kwigisha si ugukina sinema cyangwa ikinamico. Ni ukwinjiza ukuri mu bugingo bw’abantu. Twese turabimenya iyo umuntu arimo yivugira disikuru gusa, kandi iyo tubimenye, duhita dushaka kubivamo tukigendera.

Ibindi Bitekerezo Bine

(Four More Thoughts)

(1) Abakozi b’Imana bamwe bameze za gasuku, ibyo bigisha byose n’ibyo babwiriza babikura mu bitabo byanditswe n’abandi. Bahomba umugisha utangaje wo kwiyigishirizwa ubwabo n’Umwuka Wera, kandi bashobora gukomeza no gukwirakwiza inyigisho zipfuye z’abo banditsi bakopera.

(2) Abapastori benshi bigana uburyo abandi bavugabutumwa babwirizamo cyangwa bigishamo, uburyo bw’imigenzo gusa. Urugero, hari abantu bamwe bazi ko kubwiriza bigira amavuta y’Umwuka ari uko bavuze cyane n’ijwi rirenga kandi bihuta cyane. Nuko ugasanga abaje mu materaniro babwirijwe bameneka amatwi kuva ku ntangiriro kugeza ku iherezo. Ukuri ni uko abantu bagezaho bakarambirwa urwo rusaku ruhoraho, nk’uko barambirwa ijwi ry’injyana imwe gusa yo hasi. Guhinduka kw’ijwi rimwe witsa ubundi uzamura ni byo bikora ku mutima. Nyamara na none, kubwiriza ubusanzwe bisaba kuzamura ijwi kuko ari uguhamagarira abantu guhinduka naho kwigisha ubusanzwe bikorwa mu ijwi nk’iryo kuganira kuko ari ugusobanura amahame.

(3) Nagiye nitegereza abateze matwi inyigisho mu magana menshi y’amateraniro nagiyemo, biratangaje ukuntu abavugabutumwa benshi n’abigisha batajya babona ibimenyetso byinshi bigaragaza ko abantu barambiwe kandi batagikurikiye. Pastori we, abantu iyo basa nk’abarambiwe burya baba barambiwe! Abatakureba urimo uvuga burya bashobora kuba batarimo no kukumva. Abantu batarimo kumva ibivugwa burya ntabwo bafashwa na gato. Iyo abantu badafite uburyarya bagaragaje kurambirwa no kudakurikira, uba ukwiriye guhindura ugashaka ukuntu waryoshya inyigisho zawe. Tanga ingero nyinshi kurushaho. Vuga udukuru dufatika tujyanye n’inyigisho. Koresha imigani. Bigire ibintu byoroshye. Igisha Ijambo rivuye ku mutima. Ba uwo uri we. Genda uhindura ijwi.Huza amaso yawe n’ay’abaguteze amatwi. Koresha n’amaso n’umunwa n’umutwe usobanura. Koresha ibiganza byawe. Genda genda. Ntuvuge umwanya muremure cyane. Niba itsinda ari rito, ureke abantu bashobore kubaza ibibazo igihe icyo ari cyo cyose bitabangamye.

(4) Igitekerezo cy’uko inyigisho igomba kuba igizwe n’ingingo eshatu ni ibintu byishyiriweho n’abantu gusa. Intego ni uguhindura abantu abigishwa, ntabwo ari ugukurikiza amahame yo kuba intyoza yo muri iki gihe. Yesu yaravuze ati, “Ragira intama zanjye,” ntabwo yavuze “Ereka intama zanjye ko wowe uri umuntu udasanzwe mu kwigisha.”

Abo Tugomba kwigisha

(Whom to Teach)

Dukurikije urugero rwa Yesu, umukozi w’Imana uhindura abantu abigishwa, agomba kugira uko arobanura abo yigisha. Bishobora kugutangaza ariko ni ukuri. Yesu yigisha abantu benshi, akenshi yavugiraga mu migani, kandi yari afite impamvu yo gukora atyo: Ntiyashakaga ko buri wese asobanukirwa ibyo avuze. Ibyanditswe birabigaragaza neza:

Abigishwa baramwegera baramubaza bati, “Ni iki gituma ubigishiriza mu migani?” Arabasubiza ati, “Mwebweho mwahawe kumenya ubwiru bw’ubwami bwo mu ijuru ariko bo ntibabihawe, kuko ufite wese azahabwa kandi akarushirizwaho, Ariko udafite wese azakwa n’icyo yari afite. Igituma mbigishiriza mu migani ni iki: Ni uko iyo barebye batitegereza, n’iyo bumvise batumva kandi ntibasobanukirwe.”(Mat. 13:10-13).

Amahirwe yo gusobanukirwa imigani ya Kristo yari agenewe gusa abihannye bagahitamo kumukurikira. Abanze amahirwe bahawe yo kwihana, bakarwanya ubushake bw’Imana ku bugingo bwabo, Imana na yo yarabarwanyije. Imana irwanya abibone naho abicisha bugufi ikabahera ubuntu (reba 1 Pet. 5:5).

Na none Yesu yabwiye abigishwa be ati: “Ibyejejwe by’Imana ntimukabihe imbwa, kandi n’imaragarita zanyu ntimukazite imbere y’ingurube, kugira ngo zitaziribata maze zikabahindukirana zikabarya” (Mat. 7:6). Biragaragara ko Yesu yakoreshaga imvugo ngereranyo. Yashakaga kuvuga ngo, “Ntimugahe ibintu by’agaciro abatumva agaciro kabyo.” Ingurube ntizibona ko imaragarita ari ikintu cy’igiciro, n’ingurube mu buryo bw’umwuka ntiziha agaciro Ijambo ry’Imana iyo ziryumvise. Iyaba zizeraga ko ari Ijambo ry’Imana zirimo zumva, zaryitaho cyane kandi zikaryumvira.

Umenya ute ko umuntu ari ingurube mu buryo bw’umwuka? Umujugunyira imaragarita imwe maze ukareba icyo ayikoresha. Iyo ayisuzuguye, umenya ko ari ingurube mu buryo bw’umwuka. Iyo ayitayeho akumvira, umenya ko atari ingurube.

Ikibabaje ni uko abapastori benshi cyane bakora ibyo Yesu yababujije gukora, bagakomeza kujugunyira imaragarita zabo ingurube, bigisha abantu barwanya cyangwa banze Ijambo ry’Imana. Abo bakozi b’imana baba bapfusha ubusa igihe bahawe n’Imana. Bakabaye barakunguse umukungugu wo mu birenge byabo kera hanyuma bakikomereza bakajya ahandi, nk’uko Yesu yategetse.

Intama, Ihene n’Ingurube

(The Sheep, Goats and Pigs)

Ukuri ni uko udashobora gutoza umuntu kuba umwigishwa kandi we adashaka kuba umwigishwa, umuntu udashaka kumvira Yesu. Amatorero menshi yuzuyemo bene abo bantu, abantu b’abakristo by’umuhango gusa, abenshi muri bo bakumva ko bavutse ubwa kabiri kuko gusa ngo hari ibintu bemeye mu bwenge bwabo byigishwa kuri Yesu no ku idini rya gikristo. Ni ingurube n’ihene, ntabwo ari intama. Nyamara abapastori benshi bamara 90% by’igihe cyabo bagerageza gushimisha izo ngurube n’ihene, bakirengagiza abo bakagombye gufasha mu buryo bw’umwuka bakabakorera, intama nyakuri! Pastori, Yesu arashaka ko uragira intama ze, ntabwo ari ihene n’ingurube (reba Yohana 21:17)!

Ariko se intama uzimenya ute? Ni ba bandi baza ku rusengero kare mbere y’abandi bose kandi bagataha nyuma y’abandi. Baba basonzeye kumenya ukuri, kuko Yesu ari Umwami wabo kandi bakaba bashaka kumunezeza. Ntibaza ku rusengero ku cyumweru gusa, ahubwo igihe cyose hari amateraniro baraza. Binjira mu matsinda mato. Kenshi baba babaza ibibazo. Usanga banezererewe Umwami. Baba bashakisha akanya kose kaboneka ko kugira ngo bagire icyo bakora.

Pastori, igihe cyawe kinini ugihe abo bantu kandi ubiteho. Abo ni bo bigishwa. Naho ihene n’ingurube ziza mu itorero ryawe, uzibwirize ubutumwa bwiza niba zishobora kubwihanganira. Ariko niba ubwiriza ubutumwa bwiza koko, ntabwo zizabwihanganira igihe kirekire. Zizava mu itorero zigende, cyangwa niba ari abantu bafite ubushobozi, zizagerageza kuguhirika. Niba zibigezeho, kunguta umukungugu wo mu birenge byawe wigendere. (Mu mikorere y’itorero ryo mu rugo, ibintu nk’ibyo ntibishobora kubaho, cyane cyane iyo itorero rinateranira mu nzu yawe!)

Ni cyo kimwe, n’abavugabutumwa ntibakwiye kumva ko bahambirirwa gukomeza kubwiriza ubutumwa bwiza ku bantu bamwe bagiye babwanga incuro nyinshi. Reka abapfuye bihambire abapfuye babo (reba Luka 9:60). Uri ambasaderi wa Kristo, utwaye ubutumwa burusha ubundi butumwa bwose igiciro, buturutse ku Mwami w’abami! Umwanya ufite uri hejuru cyane mu bwami bw’Imana kandi inshingano yawe irahambaye! Reka gupfusha ubusa igihe cyawe ugira umuntu ubwiriza ubutumwa incuro ebyiri niba buri wese yamaze kubwumva.

Niba ushaka kuba umukozi w’Imana uhindura abantu abigishwa, ugomba kurobanura abantu wigisha, ukareka gutakaza igihe cyawe cy’agaciro gakomeye ku bantu badashaka kumvira Yesu. Pawulo yandikiye Timoteyo ati,

Kandi ibyo wanyumvanye imbere y’abahamya benshi, ubimenyeshe abantu b’abizerwa bazashobora kubyigisha abandi (2 Tim. 2:2).

Kugera ku Ntego

(Reaching the Goal)

Fata akanya wibaze ikintu kitari gushobora kubaho mu murimo wa Yesu hano mu isi ariko gikunze kubaho kenshi mu matorero y’iki gihe. Ibaze ko Yesu nyuma yo kuzuka kwe, yagumye ku isi hanyuma agatangira itorero-dini nk’ayo tubona hanze aha, maze akariyobora imyaka mirongwitatu. Umutekereze abwiriza ubutumwa abantu bamwe buri ku Cyumweru. Tekereza Petero, Yakobo na Yohana bicaye ku ntebe z’imbere Yesu arimo yigisha, aho akaba ari ho bamara imyaka makumyabiri bicara. Tekereza Petero yongorera Yohana yinanura yinuba ati, “Ubu butumwa tumaze kubwumva incuro cumi.”

Tuzi ko ibyo bitabaho, kuko twese tuzi ko Yesu atari gushobora na rimwe kwishyira cyangwa gushyira intumwa ze mu bihe nk’ibyo. Yesu yaje gutoza abigishwa kandi abikora mu buryo runaka no mu gihe runaka. Kumara igihe kigera ku myaka nk’itatu, yatoje Petero, Yakobo na Yohana, n’abandi bacye. Ntabwo yabikoze ababwiriza rimwe Ku Cyumweru mu nyubako y’urusengero. Yabikoze abana na bo bagasangira imibereho bakareba uko abaho, agasubiza ibibazo bamubaza, kandi akabaha umwanya na bo bagakora. Yarangizaga umurimo we akahava akajya ahandi agakomeza.

None se ni iki gituma dukora ibintu Yesu Atari gushobora gukora na rimwe? Kuki tugerageza gusohoza ibyo Imana ishaka mu guhora tubwiriza abantu bamwe gusa imyaka igashira indi igataha? Ubwo se ni ryari tuzapfa turangije umurimo twahawe? Mbese ni mpamvu ki abigishwa bacu, nyuma y’imyaka micye gusa, badashobora kuba bagenda na bo bagatoza abigishwa babo?

Icyo nshaka kuvuga ni uko, iyaba twakoraga umurimo wacu nk’uko bikwiye, igihe cyagera abigishwa bacu bakaba bakuze bihagije ku buryo batakidukeneye. Bakagombye kurekurwa bakajya na bo guhindura abandi abigishwa. Tugomba kugera ku ntego Imana yadushyize imbere, kandi Yesu yatweretse uko twabikora. Ku bw’amahirwe, mu itorero ryo murugo ritera imbere hahora hakenewe ko umuntu atoza abigishwa kandi agategura abayobozi. Itorero ryo mu rugo rimeze neza ntirishobora kugwa muri wa mutego wo kuba ari umuntu umwe uzahora abwiriza abantu bamwe imyaka igashira indi igataha.

Impamvu Nziza

(Right Motives)

Kugira ngo ushobore kwigisha bikugeza ku guhindura abantu abigishwa, nta kindi kiruta kuba ufite impamvu nziza zigusunika kubikora. Iyo umuntu ari mu murimo bitewe n’impamvu mbi, n’ibyo akora azabikora nabi. Iyo ni yo mpamvu ya mbere ituma muri iki gihe hariho inyigisho z’ibinyoma nyinshi n’izindi zigoramye mu itorero. Iyo umukozi w’Imana ikimusunika ari ukugira ngo amenyekane, agaragare ko yageze ku ntego mu maso y’abantu, cyangwa kugira ngo yibonere amafaranga menshi, aba yatsinzwe imbere y’amaso y’Imana. Igiteye agahinda cyane ni uko ashobora gusohoza imigambi ye yo kuba ikirangirire, gukomera imbere y’amaso y’abantu, cyangwa kugira amafaranga menshi, ariko umunsi uzaza ubwo ibyamusunikaga mu murimo bye bipfuye bizashyirwa ahabona imbere y’intebe y’imanza ya Kristo, maze akabura ingororano y’umurimo yakoze. Naramuka yemerewe kwinjira mu bwami bwo mu ijuru,[3] buri wese uri aho azamenya ibye; kubura ingororano kwe n’urwego rwe rwo hasi mu bwami ruzaba rubigaragaza. Nta gushidikanya ko mu ijuru hari inzego zitandukanye. Yesu yaratwihanangirije ati:

Nuko uzica rimwe ryo muri ayo mategeko n’aho ryaba ryoroshye hanyuma y’ayandi, akigisha abandi kugira batyo, mu bwami bwo mu ijuru azitwa mutoya rwose. Ariko uzayakora akayigisha abandi, mu bwami bwo mu ijuru azitwa mukuru (Mat. 5:19).

Yego ni byo koko abakozi b’Imana bumvira kandi bakigisha amategeko ya Kristo bazababazwa babizira hano mu isi. Yesu yavuze hakiri kare ko abamwubaha bazahura n’imibabaro (reba Mat. 5:10-12; Yohana 16:33). Hari amahirwe macye y’uko bagera ku iterambere ry’isi, kwamamara n’ubutunzi. Icyo bunguka ni ukuzashimwa n’Imana no kuzagororerwa na yo mu gihe kizaza. Mbese wahitamo iki? Kuri ibyo Pawulo yaranditse ati:

Mbese ye, Apolo ni iki? Kandi Pawulo ni iki? Si abagaragu batumye mwizera nk’uko Imana yabahaye umurimo? Ni jye wateye imbuto Apolo na we arazuhira, ariko Imana ni yo yazikujije.Nuko utera nta cyo aba ari cyo cyangwa uwuhīra, keretse Imana ikuza. Utera n’uwuhīra barahwanye kandi umuntu wese azahembwa nk’uko yakoze umurimo we, kuko twembi Imana ari yo dukorera namwe mukaba umurima w’Imana n’inzu yayo.

Nk’uko ubuntu bw’Imana nahawe bungana, nashyizeho urufatiro nk’umwubakisha mukuru w’ubwenge, undi yubakaho. Ariko umuntu wese yirinde uko yubakaho, kuko nta rundi rufatiro umuntu abasha gushyiraho keretse urwashyizweho, ari rwo Yesu Kristo. Ariko umuntu niyubaka kuri urwo rufatiro izahabu cyangwa ifeza, cyangwa amabuye y’igiciro cyinshi cyangwa ibiti, cyangwa ibyatsi cyangwa ibikenyeri, umurimo w’umuntu wese uzerekanwa. Urya munsi ni wo uzawerekana kuko uzahishuzwa umuriro, akaba ari wo kandi uzagerageza umurimo w’umuntu wese. Umurimo w’umuntu, uwo yubatse kuri urwo rufatiro nugumaho azahabwa ingororano, ariko umurimo w’umuntu nushya azabura inyungu, nyamara ubwe azakizwa ariko nk’ukuwe mu muriro. (1 Kor. 3:5-15).

Pawulo yigereranyije n’umwubatsi w’umuhanga cyane ushyiraho urufatiro. Apolo, umwigisha waje i Korinto Pawulo yaramaze kuhashinga itorero, Pawulo amugereranya n’uwubaka ku rufatiro rwamaze gushyirwaho.

Urabona ko Pawulo na Apolo ku iherezo bazahembwa hashingiwe ku bwiza, ntabwo ari ku bwinshi bw’ibyo bakoze (reba 3:13).

Mu mvugo ngereranyo, Pawulo na Apolo, bashobora kubaka inzu y’Imana bakoresheje ibikoresho by’ubwoko butandatu butandukanye; bitatu muri byo ni ibisanzwe bikunda no kuboneka cyane, birahendutse kandi birashya; bindi bitatu muri byo ntibisanzwe, birahenze cyane, kandi ntibishya. Umunsi umwe ibikoresho byabo bitandukanye bizacishwa mu muriro w’urubanza rw’Imana, hanyuma ibiti, ibyatsi n’ibikenyeri bizakongorwa n’umuriro, werekane ko bidakwiriye kandi ko ari iby’igihe gito. Izahabu, ifeza n’amabuye y’igiciro, bivuga imirimo yari iy’igiciro mu maso y’Imana kandi izahoraho, bizaca mu birimi by’umuriro wo kugerageza bidahiye.

Dushobora rwose kudashidikanya ko kwigisha kose kudahuye na Bibiliya kuzatwikwa kugahinduka ivu igihe cy’urubanza rwa Kristo. Kandi ni ko bizaba ku bintu byose byakorewe mu mbaraga, uburyo, cyangwa ubwenge bw’umubiri, kimwe n’imirimo yose yasunitswe n’impamvu zidakwiye. Yesu yavuze ko ikintu cyose tuzakorera gushimwa n’abantu kitazabona ingororano (reba Mat. 6:1-6, 16-18). Iyo mirimo yose y’imburamumaro ishobora kutagaragarira amaso y’abantu muri iki gihe, ariko nta gushidikanya ko mu gihe kizaza izahishurwa imbere y’amaso yose nk’uko Pawulo yavuze.Jyewe, imirimo yanjye iramutse ari iyo mu rwego rw’ibiti, ibyatsi n’ibikenyeri, nahitamo kubimenya ubu aho kuzabimenya ikindi gihe. Ubu hari igihe cyo kwihana; ariko icyo gihe cy’urubanza umuntu azaba yakererewe.

Gusuzuma Impamvu Zidusunika

(Checking Our Motives)

Biroroshye cyane kwibeshya ku mpamvu zidusunitse gukora umurimo w’Imana. Ndabizi ndashidikanya. Mbese twamenya dute ko impamvu ziduhagurukije ari nzima?

Uburyo bwiza cyane kurusha ubundi ni ukubaza Imana niba impamvu zacu ari mbi, hanyuma igasuzuma ibitekerezo n’ibikorwa byacu. Yesu yatubwiye gukora imirimo myiza nko gusenga no gufasha abakene mu ibanga; ubwo ni uburyo bumwe bwo kumenya neza ko turimo dukora neza duharanira gushimwa n’Imana atari ugushaka gushimwa n’abantu. Niba twumvira Imana gusa igihe abantu batureba, icyo ni ikimenyetso kigaragaza ko hari ibintu bigenda nabi cyane. Cyangwa iyo twirinda ibyaha bikabije byadukoza isoni turamutse dufashwe, ariko tukishora cyane mu byaha byoroheje tubona ko nta muntu uzigera abivumbura, ibyo byerekana ko impamvu zacu zidatunganye. Niba turimo tugerageza kunezeza Imana koko–Yo imenya buri gitekerezo cyacu cyose, buri jambo na buri gikorwa–tuzihatira iteka kuyumvira, mu bintu binini no mu bito, mu byo abantu bamenya no mu byo batamenya.

Ni cyo kimwe kandi, niba impamvu zacu zitunganye, ntabwo tuzakurikirana uburyo bukuza itorero mu ko mu kongera imibare gusa y’abantu baza guterana twirengagiza guhindura abantu abigishwa bumvira amategeko ya Kristo yose.

Tuzigisha Ijambo ry’Imana ryose uko ryakabaye, atari ukwibanda gusa ku nyigisho zinezeza ab’isi n’abanyamubiri.

Ntituzagoreka Ijambo ry’Imana cyangwa ngo twigishe mu buryo bwongera cyangwa bugabanya ku Byanditswe n’icyo bishaka kuvuga iyo urebeye Bibiliya muri rusange yose uko yakabaye.

Ntituzashakira amazina n’imyanya y’ibyubahiro. Ntituzashaka kumenyekana.

Ntituzita ku bakire gusa.

Ntituzibikira ubutunzi mu isi, ahubwo tuzabaho mu buryo bworoheje kandi dutange uko dushoboye, duha icyitegerezo cyo kuba ibisonga byiza imikumbi yacu.

Tuzahangayikishwa cyane n’icyo Imana ivuga ku kubwiriza kwacu kuruta icyo abantu babivugaho.

Mbese impamvu zawe ziteye zite?

Imyizerere Ihinyuza Ibyo Guhindura Abantu Abigishwa

(A Doctrine that Defeats Disciple-Making)

Umukozi w’Imana uhindura abantu abigishwa nta na rimwe yigisha arwanya intego yo guhindura abantu abigishwa. Bity rero, nta na rimwe yavuga ikintu cyatuma abantu bumva baguwe neza mu kutumvira Umwami Yesu. Nta na rimwe ashobora gusobanura ubuntu bw’Imana nk’uburyo bwo gukora ibyaha nta bwoba bwo gucirwaho iteka. Ahubwo asobanura ubuntu bw’Imana nk’uburyo bwo kwihana no kubaho ubuzima bunesheje. Nk’uko tubizi, Ibyanditswe bivuga ko, unesha gusa ari we uzaragwa ubwami bw’Imana (reba Ibyah. 2:11; 3:5; 21:7).

Ikibabaje ni uko abakozi b’Imana bamwe bo muri iki gihe, bakomeje kugendera mu myizerere yangije byinshi ku ntego yo guhindura abantu abigishwa. Imwe muri iyo myizerere yamamaye cyane muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ni iy’umutekano w’iteka ryose nta kintu bishingiyeho (unconditional eternal security), cyangwa ngo “ukijijwe rimwe uba ukijijwe iteka ryose.” Iyo myizerere ivuga yuko umuntu iyo akijijwe biba birangiye adashobora kuzigera atakaza agakiza ke n’ubwo yakwitwara uko ashatse kose mu mibereho ye. Ngo kuko agakiza ari ku buntu, ngo bwa buntu bwakijije umuntu mbere asenga ngo yakire agakiza ngo ni bwo buzatuma akomeza gukizwa. Ikindi gitekerezo kinyuranyije n’ibyo, ngo ubwo uba ushatse kuvuga ko umuntu akizwa ku bw’imirimo ye.

Ubusanzwe imitekerereze nk’iyo ni ikintu kirwanya cyane kwera no gukiranuka. Niba kumvira Kristo bitari ngombwa kugira ngo umuntu ajye mu ijuru, nta kintu kigaragara cyatuma umuntu yumvira Yesu, cyane cyane iyo bigusaba ikiguzi kinini.

Nk’uko nari nabivuze mbere muri iki gitabo, ubuntu Imana igirira abantu ntibutuma bareka inshingano yabo yo kuyumvira. Ibyanditswe bivuga ko agakiza atari ku buntu gusa, ahubwo ko ari no ku bwo kwizera (reba Ef. 2:8). Ubuntu no kwizera byombi ni ngombwa kugira ngo umuntu abone agakiza. Kwizera ubundi kuza kubera ubuntu bw’Imana, kandi kwizera kuzima iteka gukurikirwa no kwihana no kumvira. Nk’uko Yakobo avuga, kwizera kutagira imirimo kuba gupfuye, ntacyo kumaze, kandi ntigushobora gukiza umuntu (reba Yak 2:14-26).

Ni cyo gituma Ibyanditswe bivuga kenshi ko kugira ngo umuntu agumane agakiza biterwa n’uko umuntu akomeje kwizera no kumvira. Hari Ibyanditswe byinshi bibisobanura neza. Urugero, mu rwandiko Pawulo yandikiye abizera b’Abakolosayi yaravuze ati:

Namwe abari mwaratandukanijwe n’Imana kera, mukaba mwari abanzi bayo mu mitima yanyu no ku bw’imirimo mibi, none yiyungishije namwe urupfu rw’umubiri we, ngo abashyire imbere yayo muri abera n’abaziranenge mutagawa, niba muguma mu byo twizera mwubatswe neza ku rufatiro, mutanyeganyega kandi mutimurwa ngo muvanwe mu byiringiro biheshwa n’ubutumwa mwumvise, bwabwirijwe mu baremwe bose bari munsi y’ijuru (Kolo. 1:21-23).

Nta kundi byasobanuka neza kurushaho. Keretse umunyatewolojiya (theologian) ni we wakwica cyangwa akagoreka ibyo Pawulo yasobanuraga. Yesu azakomeza kwemeza ko tutariho umugayo niba dukomeje kwizera. Ibyo byongera gushimangirwa mu ba Rom. 11:13-24, 1 Kor. 15:1-2 no mu ba Heb. 3:12-14; 10:38-39, aho bisobanurwa neza ko agakiza ko kugeza ku iherezo kazaterwa n’uko umuntu yagumye mu kwizera. Ibi byanditswe byose bigiye birimo ijambo niba.

Impamvu Kwera ari Ngombwa

(The Necessity of Holiness)

Mbese uwizera yabura ubugingo buhoraho bitewe no gukora ibyaha? Igisubizo tugisanga mu Byanditswe byinshi, nk’ibi bikurikira, byose usanga bihamya ko abakora ibyaha batazaragwa ubwami bw’Imana. Iyo uwizera asubiye mu byaha Pawulo yashyize ku rutonde rukurikira ashobora gutakaza ubugingo bwe iteka ryose:

Ntimuzi yuko abakiranirwa batazaragwa ubwami bw’Imana? Ntimwishuke. Abahehesi n’abasenga ibishushanyo cyangwa abasambanyi, cyangwa ibitingwa cyangwa abagabo bendana, cyangwa abajura cyangwa abifuza, cyangwa abasinzi cyangwa abatukana cyangwa abanyazi, bene abo ntibazaragwa ubwami bw’Imana (1 Kor. 6:9-10).

Dore imirimo ya kamere iragaragara ni iyi: gusambana no gukora ibiteye isoni n’ibyisoni nke, no gusenga ibishushanyo, no kuroga no kwangana no gutongana, n’ishyari n’umujinya n’amahane, no kwitandukanya no kwirema ibice, no kugomanwa no gusinda, n’ibiganiro bibi n’ibindi bias bityo. Ndababwira hakiri kare nk’uko nababwiye kera, yuko abakora ibisa bityo batazaragwa ubwami bw’Imana (Gal. 5:19-21).

Kuko ibi mubizi neza yuko ari nta musambanyi cyangwa ukora ibyonona cyangwa urarikira, ari we usenga ibigirwamana, ufite ibyo azaragwa mu bwami bwa Kristo n’Imana. Ntihakagire umuntu ubohēsha amagambo y’ubusa, kuko ibyo ari byo bizanira umujinya w’Imana abatayumvira (Ef. 5:5-6).

Urabona ko aho hose, Pawulo yandikiraga abizera, abihanangiriza. Yabihanangirije incuro ebyiri ngo ntibishuke, agaragaza ko yari ahangayikishijwe n’uko abizera bamwe bashobora kwibwira ko umuntu yakomeza akibera muri biriya byaha byose yashyize ku rutonde nyamara akanga akaragwa ubwami bw’Imana.

Yesu yihanangirije abigishwa be b’inkoramutima cyane, Petero, Yakobo, Yohana na Andereya ababwira ko bashobora kuba batabwa muri gehinomu baramutse babaye batiteguriye kugaruka kwe. Urabona ko amagambo akurikira ari bo yabwirwaga (reba Mariko 13:1-4), ntabwo yabwirwaga nyamwinshi y’abatizera:

Nuko mube maso kuko mutazi umunsi Umwami wanyu azazaho. Ariko ibi mubimenye, iyaba nyir’urugo yari amenye igicuku umujura azaziramo yabaye maso, ntiyamukundiye gucukura inzu ye. Nuko namwe [Petero, Yakobo, Yohana na Andereya] kuko igihe mudatekereza [Petero, Yakobo, Yohana na Andereya] ari cyo Umwana w’umuntu azaziramo.

Mbese ni nde mugaragu ukiranuka w’ubwenge, shebuja yasigiye abo mu rugo rwe kubagerera igerero igihe cyaryo? Uwo mugaragu arahirwa, shebuja naza agasanga abikora. Ndababwira ukuri yuko azamwegurira ibintu bye byose. Ariko umugaragu mubi niyibwira mu mutima we ati “Databuja aratinze”, maze agatangira gukubita abagaragu bagenzi be no gusangira n’abasinzi, shebuja w’uwo mugaragu azaza umunsi atamutegereje n’igihe atazi, amucemo kabiri amuhanane n’indyarya. Ni ho bazaririra bakahahekenyera amenyo (Mat. 24:42-51).

Ni irihe somo riri muri iyi nkuru? “Petero, Yakobo, Yohana na Andereya, muramenye mutazamera nk’uwo mugaragu mubi uvugwa muri uyu mugani.”[4]

Kugira ngo Yesu ashimangire neza ibyo yari amaze kubwira abigishwa be b’inkoramutima cyane, ako kanya yakomeje ababwira umugani w’abakobwa cumi. Bose uko ari icumi ubundi bari bategereje kuza k’umukwe, ariko bamwe baza kurangara ntibaba bakiteguye hanyuma ntibemererwa kwinjira mu birori by’ubukwe. Yesu yarangije uwo mugani muri aya magambo ati, “Nuko mube maso [Petero, Yakobo, Yohana na Andereya], kuko mutazi [Petero, Yakobo, Yohana na Andereya] umunsi cyangwa igihe” (Matayo 25:13). Bisobanura ngo, “Mwebwe Petero, Yakobo, Yohana na Andereya, ntimukamere nka ba bakobwa batanu b’abapfu” Iyo hataza kubaho izo mpungenge z’uko Petero, Yakobo, Yohana na Andereya bashobora kuzasangwa batiteguye, ntibyakabaye ngombwa ko Yesu abihanangiriza.

Hanyuma Yesu ako kanya abacira umugani w’italanto. Na none bwari ubutumwa bumwe. “Muramenye mutazamera nka wa mugaragu mubi wahawe italanto imwe hanyuma akabura icyo yungutse amurikira shebuja igihe yari agarutse.” Ku musozo w’uwo mugani, shebuja yaciye iteka ati, “N’uyu mugaragu nta cyo amaze, mumujugunye mu mwijima hanze, ni ho bazaririra bakahahekenyera amenyo” (Mat. 25:30). Nta bundi buryo burenze ubwo Yesu yari kumvikanishamo neza ubutumwa bwe. Keretse umunyatewolojiya gusa ni we wagoreka ibyo yashakaga kuvuga. Hari hari akaga k’uko Petero, Yakobo, Yohana na Andereya bashoboraga kuzatabwa mu muriro Yesu agarutse agasanga batarumviye. Niba ibyo byarashobokaga kuri Petero, Yakobo, Yohana na Andereya, birashoboka no kuri twese. Nk’uko Yesu yasezeranye, abakora ibyo Se wo mu ijuru ashaka, ni bo bonyine bazinjira mu bwami bwo mu ijuru (reba Mat. 7:21).[5]

Abigisha inyigisho y’ibinyoma y’umutekano w’iteka kandi nta cyo bishingiyeho (unconditional eternal security) barwanya Kristo ku mugaragaro kandi bashyigikiye Satani, bigisha ibinyuranye n’ibyo Kristo n’intumwa bigishaga. Bahindura ubusa itegeko rya Yesu ryo guhindura abantu abigishwa bazitondera ibyo yategetse byose, bagasiba inzira ifunganye igana mu ijuru, ahubwo bagakingura cyane inzira yagutse igana mu irimbukiro.[6]

Indi Myizerere y’iki gihe Irwanya Guhindura Abantu Abigishwa

(Another Modern Doctrine that Defeats Disciple-Making)

Ntabwo ari inyigisho y'”umutekano w’iteka nta cyo bishingiyeho” gusa iyobya abantu ngo bumve ko kwera no gukiranuka bitari ngombwa ngo umuntu aragwe ubugingo buhoraho. Urukundo rw’Imana na rwo kenshi rujya rwigishwa mu buryo buhindura ubusa ibyo guhindura abantu abigishwa. Abavugabutumwa wumva kenshi babwira ababateze amatwi ngo, “Imana irabakunda bitagize icyo bishingiyeho.” Abantu bumva ko bishatse kuvuga ngo, “Imana iranyemera kandi ikanyakira naba nyumviye cyangwa ntayumviye.” Nyamara ibyo si ukuri.

Abenshi muri abo bavugabutumwa bizera ko Imana izajugunya mu muriro abantu batavutse bwa kabiri, kandi koko ni byo ntibaba bibeshye iyo bizeye batyo. Noneho reka tubitekerezeho. Birumvikana ko, Imana itemera ibyo abantu izajugunya mu muriro bakora. None se kandi umuntu yavuga ate ko ibakunda? Mbese abantu batabwa mu muriro Imana irabakunda? Uribwira ko bashobora kukubwira ko Imana ibakunda? Oya, birumvikana. Imana se ishobora kuvuga ko ibakunda? Oya nawe urabyumva! Ntishaka no kubabona mu maso yayo, ari cyo gituma ibahanisha gutabwa muri gehinomu. Ntiyemera ibyabo ntinabakunda.

Ubwo bimeze bityo rero, urukundo Imana ifitiye abanyabyaha bo mu isi biragaragara ko ari urukundo rw’impuhwe rutazahoraho, kandi si urukundo rubemera rukabakira. Ibahirira impuhwe, igatinza urubanza rwayo kugira ngo ibahe amahirwe yo kwihana. Yesu yarabapfiriye, abashyiriraho uburyo bwo kubabarirwa. Muri ubwo buryo no muri urwo rwego, umuntu yavuga ko Imana ibakunda. Ariko ntabwo ibemera na gato cyangwa ngo ibishimire. Nta narimwe yumva ibakunze nk’uko umubyeyi yumva akunze umwana we. Ahubwo Ibyanditswe biravuga ngo, “Nk’uko se w’abana abagirira ibambe, ni ko Uwiteka arigirira abamwubaha” (Zab. 103:13).Umuntu ashobora rero kuvuga ko Imana itagira ibambe nk’iryo ku batayuba. Urukundo Imana ikunda abanyabyaha ni nk’impuhwe umucamanza agirira umwicanyi icyaha gihamye, maze aho kumucira urwo gupfa akamukatira gufungwa burundu.

Nta hantu na hamwe mu gitabo cy’Ibyakozwe n’Intumwa wasanga umuntu wabwirije ubutumwa bwiza abantu badakijijwe ababwira ko Imana ibakunda. Ahubwo abavugabutumwa bo muri Bibiliya kenshi bihanangirizaga ababumva bababwira iby’umujinya w’Imana kandi babahamagarira kwihana, bakabamenyesha ko Imana itabishimiye, ko bari mu kaga, kandi ko hari byinshi bakwiye guhindura mu mibereho yabo. Iyo baba barabwiye ababumva ko Imana ibakunda gusa (kandi ni ko abakozi b’Imana benshi bo muri iki gihe bakora), baba barabaybeje bagatuma bibwira ko nta kaga barimo, ko batarimo bigwiriza umujinya w’Imana, kandi ko nta mpamvu bafite yo kwihana.

Urwango rw’Imana ku banyabyaha

(God’s Hatred of Sinners)

Mu buryo butandukanye n’ibikunze kubwirizwa cyane muri iki gihe bavuga ko Imana ikunda abanyabyaha, Ibyanditswe bivuga cyane ko Imana yanga abanyabyaha:

Abibone ntibazahagarara mu maso yawe, wanga inkozi z’ibibi zose. Uzarimbura abanyabinyoma, Uwiteka yanga urunuka umwicanyi n’umuriganya (Zab. 5:5-6).

Uwiteka agerageza abakiranutsi, ariko umunyabyaha n’ūkunda urugomo umutima we urabanga (Zab. 11:5).

Nasize inzu yanjye, nataye umwandu wanjye, uw umutima wanjye ukunda cyane namutanze mu maboko y’abanzi be. Umwandu wanjye wambereye nk’intare yo mu ishyamba, yaranguruye ijwi ryo kuntera ni cyo gituma mwanga (Yer. 12:7-8).

Ububi bwabo bwose bwagaragariye i Gilugali, ni ho nabangiye! Nzabirukana mu nzu yanjye mbahoye ububi bw’ibyo bakoze, sinzongera kubakunda ukundi, ibikomangoma byabo ni abagome (Hos. 9:15).

Urabona ko ibyo byanditswe byose biri haruguru bitavuga ngo Imana yanga gusa ibyo bakora–biravuga ngo irabanga. Ibi Bizana akantu k’umucyo ku bintu bikunze kuvugwa ngo Imana ikunda umunyabyaha ariko icyo yanga ni icyaha. Ntidushobora gutandukanya umuntu n’ibyo akora. Ibyo akora bigaragaza uwo ari we. Ni cyo gituma Imana iba ishyize mu gaciro iyo yanga umuntu ukora ibyaha, si ukwanga gusa ibyaha umuntu akora. Imana iramutse yishimiye abantu bakora ibyo yanga, yaba yivuguruza cyane. Mu nkiko zo mu isi, abantu bacirwa imanza z’ibyaha byabo, hanyuma bagakanirwa urubakwiye. Ntitwanga icyaha hanyuma ngo twishimire abakora ibyaha.

Abantu Imana yanga urunuka

(People Whom God Abhors)

Ntabwo Ibyanditswe byemeza gusa ko hari abantu Imana yanga, ahubwo binahamya ko hari abanyabyaha bamwe yanga urunuka, cyangwa ko abo bantu ari ikizira kuri yo. Na none reba Ibyanditswe bikurikira urasanga bitavuga ko ibyo abo bantu bakora ari byo kizira ku Mana, ahubwo bivuga ko abo bantu ubwabo ari bo kizira ku Uwiteka. Ntibivuga ngo Uwiteka yanga urunuka ibyaha ahubwo biravuga ngo Imana ibanga[7]urunuka:

Umugore cyangwa umukobwa ntakambarane n’umugabo, kandi umugabo ntakambarane n’umugore, kuko ukora atyo wese ari ikizira Imana yawe yanga urunuka (Guteg. 22:5).

Kuko abakora ibimeze nka bya bindi bose, abakora ibidatunganye bose, ari ikizira Uwiteka Imana yawe yanga urunuka (Guteg. 25:16).

Muzarya inyama z’abahungu banyu n’iz’abakobwa banyu, muzazirya. Kandi nzatsemba amasengero yanyu yo mu mpinga z’imisozi, nzatema nce ibishushanyo byanyu bishinzwe byerejwe izuba, nzajugunya intumbi zanyu ku bimene by’ibigirwamana byanyu, umutima wanjye uzabanga urunuka (Lewi 26:29-30).

Abibone ntibazahagarara mu maso yawe, wanga inkozi z’ibibi zose. Uzarimbura abanyabinyoma, Uwiteka yanga urunuka umwicanyi n’umuriganya (Zab. 5:5-6).

Kuko ikigoryi ari ikizira ku Uwiteka, ariko ibanga rye rimenywa n’abakiranutsi (Imig. 3:32).

Abafite umutima w’ubugoryi ni ikizira ku Uwiteka, ariko anezezwa n’abagenda batunganye (Imig. 11:20).

Umuntu wese w’ubwibone bwo mu mutima ni ikizira ku Uwiteka, ni ukuri rwose ntazabura guhanwa (Imig. 16:5).

Uha urubanza ababi kandi utsindisha abakiranutsi, bombi ni ikizira ku Uwiteka (Imig. 17:15).

Mbese Ibyanditswe nk’ibi twabihuza dute n’ibivuga noneho urukundo rw’Imana ku banyabyaha? Umuntu yashobora ate kuvuga ko Imana yanga urunuka abanyabyaha, ariko kandi ko na none ibakunda?

Bigomba kumvikana ko urukundo rwose rudasa n’urundi. Hari urukundo rutagira icyo ruca. Twarwita “urukundo rw’impuhwe.” Ni urukundo ruvuga ngo, “Ndagukunda n’ubwo.” Rukunda abantu rutitaye ku bikorwa byabo. Urwo ni rwo rukundo Imana ikunda abanyabyaha.

Urundi rutandukanye n’urukundo rw’impuhwe ni urukundo rufite icyo ruturutseho(conditional love). Twarwita “urukundo rwishimira umuntu.” Ni urukundo ruzanywe n’uko hari icyo wakoze cyangwa kuko urukwiriye. Ni urukundo ruvuga ngo, “Ngukunda kubera ko.”

Bamwe batekereza ko ngo niba urukundo rurinze kugira icyo ruturukaho, ngo ubwo urwo si urukundo na gato. Cyangwa bagaha bene urwo rukundo agaciro gacye bavuga ko ari ukwikunda, ko rutagereranywa n’urukundo rw’Imana.

Nyamara ukuri ni uko Imana igira urukundo rufite icyo ruturutseho nk’uko Ibyanditswe bigiye kubitwereka mu kanya. Bityo ntabwo urukundo rwishimira umuntu rugomba gukerenswa. Urukundo rwishimira umuntu (approving love) ni rwo rukundo Imana igirira mbere na mbere abana bayo nyakuri. Dukwiye kwifuza cyane urukundo rw’Imana rwo kutwishimira kurusha urukundo rwayo rw’impuhwe.

Mbese Urukundo Rwishimira Umuntu Ni Urukundo Ruto cyane?

( Is Approving Love an Inferior Love?)

Hagarara gato ubanze wibaze iki kibazo: “Ni uruhe rukundo nahitamo ko abantu bankunda—urukundo rw’impuhwe cyangwa urukundo runyishimira?” Nzi neza ko wahitamo ko abantu “bagukundira ko,” aho “kugukunda n’ubwo.”

Mbese wahitamo iki muri ibi, ari ukumva mugenzi wawe mwashakanye akubwira ati, “Nta mpamvu n’imwe mfite yo kugukunda, nta n’ikintu na kimwe ugira gituma numva nkwishimiye ngo nkwereke urukundo rwanjye” no kumva avuga ati, “Mfite impamvu nyinshi zintera kugukunda, kuko hari ibintu byinshi kuri wowe nkunda cyane”? Birumvikana ko twahitamo ko abo twashakanye badukunda urukundo rwo kutwishimira, kandi bene urwo rukundo ni rwo ruhuza umugabo n’umugore rukanatuma banagumana. Iyo nta kintu na kimwe umuntu ashima ku wo bashakanye, iyo urukundo rwishimira umuntu rwarangiye rwose, ni ingo nkeya zisigara zidasenyutse. Iyo zidasenyutse, ziba zisigaye zubakiye ku rukundo rw’impuhwe, rushingiye ku myifatire yo gukiranukira Imana nyirukurutanga afite.

Ubwo ibyo byose bimeze bityo, turabona ko urukundo rwishimira umuntu (approving), cyangwa urukundo rufite icyo ruturutseho (conditional love), atari urukundo ruto na gato. Urukundo rw’impuhwe ni rwiza kurugirira umuntu, ariko urukundo rwo kwishimira umuntu ni rwo rwiza kurugirirwa. Byongeye kandi, kubona urukundo rwo kwishimira umuntu ari rwo rukundo rwonyine Data yagiriye Yesu bituma rufata umwanya warwo w’icyubahiro rukwiriye. Imana Data nta na rimwe yigeze igirira Yesu n’agatonyanga k’urukundo rw’impuhwe, kuko nta kintu na kimwe kigayitse kigeze kiboneka mu bugingo bwa Kristo. Yesu yarabihamije:

Igituma Data ankunda ni uko ntanga ubugingo bwange ngo mbusubirane (Yohana 10:17).

Bityo tubona ko icyatumaga Data akunda Yesu ari ukubera kuganduka kwe akemera gupfa. Ku rukundo rwishimira umuntu nta kintu na kimwe kigomba kuba kidatunganye kandi byose bigomba kuba bitunganye. Yesu yakoreye urukundo rwa Se arugeraho kandi yari arukwiye.

Yesu yahamije ko igituma aguma mu rukundo rwa Se ari uko yitondera amategeko ye:

Uko Data yankunze ni ko nanjye nabakunze. Nuko rero mugume mu rukundo rwanjye. Nimwitondera amategeko yanjye muzaguma mu rukundo rwanjye; nk’uko nanjye nitondeye amategeko ya Data nkaguma mu rukundo rwe (Yohana 15:9-10).

Ikindi kandi, nk’uko iki Cyanditswe kibigaragaza, tugomba gukurikiza urugero rwa Yesu, tukaguma mu rukundo rwe ku bwo kwitondera amategeko ye. Biragaragara ko Yesu muri icyo cyanditswe avuga ku rukundo rwishimira umuntu, atubwira ko dushobora kandi ko tugomba gukorera urukundo rwe, kandi ko tuguma mu rukundo rwe ari uko twitondeye amategeko ye gusa. Ikintu nk’icyo ni gacye cyane cyigishwa muri iyi minsi, ariko cyakagombye kwigishwa, kuko ni byo Yesu yavuze.

Yesu ahamya urukundo rw’Imana rwishimira umuntu ku bitondera amategeko ye:

Kuko Data na we abakunda ubwe kuko mwankunze mukizera yuko navuye ku Mana (Yohana 16:27).

Ufite amategeko yanjye akayitndera ni we unkunda, kandi unkunda azakundwa na Data, nanjye nzamukunda mwiyereke….umuntu nankunda azitondera ijambo ryanjye, na Data azamukunda, tuzaza aho ari tugumane na we (Yohana 14:21, 23).

Urabona ko muri ibyo byanditswe bya kabiri Yesu abo yahaga isezerano atari abizera badashikamye ngo noneho niba batangiye kwitondera amagambo ye azabegera mu buryo budasanzwe. Oya, Yesu yasezeranaga ko uwo ari we wese uzatangira kumukunda akitondera ijambo rye, ko Se azakunda uwo muntu, ko kandi we na Se bombi bazaza bakaba muri uwo muntu, biravuga mu buryo bugaragara ku kuvuka bwa kabiri. Umuntu wese wavutse bwa kabiri aba afite muri we Data n’Umwana bombi mu buryo bw’Umwuka Wera uba muri we (reba Rom. 8:9). Nuko rero na none turabona ko abavutse bwa kabiri koko ari abihannye ibyaha bagatangira kumvira Yesu, bityo rero ni na bo bonyine bagororerwa urukundo rwa Data rwishimira umuntu.

Birumvikana ko Yesu akomeza no kugirira urukundo rw’impuhwe abamwizera. Iyo batumviye, aba yiteguye kubababarira iyo batuye ibyaha byabo kandi bakababarira abandi.

Umwanzuro

(The Conclusion)

Ibi byose bishatse kuvuga ko Imana idakunda abana bayo bayumvira kimwe n’uko ikunda abanyabyaha. Ikunda abanyabyaha urukundo rw’impuhwe gusa, kandi urwo rukundo ni urw’igihe gito gusa, rurangirana n’uko bapfuye.Hamwe no kubakunda urwo rukundo rw’impuhwe, inabanga urwango ruturuka ku kutishimira imyifatire yabo. Ibi ni byo Ibyanditswe Byera bivuga.

Ku rundi ruhande na none, Imana ikunda cyane abana bayo kurusha abandi bantu batavutse bwa kabiri. Mbere na mbere ibakunda urukundo rwo kubishimira kubera ko bihannye kandi bakaba baharanira kwitondera amategeko yayo. Uko bagenda batera intambwe mu kwera no gukiranuka, impamvu zo kubakunda urukundo rw’impuhwe zigenda zigabanuka ahubwo impamvu zo kubakunda urukundo rwo kubishimira zikagenda zirushaho kwiyongera; kandi icyo ni cyo baba bifuza.

Ibi kandi biravuga ko uburyo butandukanye abavugabutumwa n’abigisha b’iki gihe bakunze kuvugamo urukundo rw’Imana atari bwo kandi buyobya. Ukurikije icyo Ibyanditswe bivuga, fata akanya usuzume ibi bintu umenyereye kumva bivugwa ku rukundo rw’Imana:

1.) Nta kintu na kimwe wakora ngo bitume Imana yongera cyangwa igabanya urukundo igukunda ubu nonaha.

2.) Nta kintu na kimwe wakora ngo gitume Imana ireka kugukunda.

3.) Urukundo rw’Imana nta kintu rushingiraho, nta kiguzi rusaba.

4.) Imana ikunda abantu bose kimwe.

5.) Imana ikunda umunyabyaha ikanga icyaha.

6.) Nta kintu na kimwe wakora ngo Imana igukunde kubera icyo kintu wakoze.

7.) Urukundo Imana idukunda ntirushingiye ku byo dukora.

Ibi bintu byose byavuzwe haruguru bishobora kuyobya abantu kandi ibindi ni ibinyoma rwose, kuko ibyinshi muri byo bihakana byimazeyo urukundo rw’Imana rwishimira umuntu kandi ibindi bikavuga mu buryo butari bwo urukundo rw’impuhwe.

Turebye icya (1), hari icyo abizera bashobora gukora bigatuma Imana ibishimira ikabakunda kurushaho: bashobora kuyumvira kurushaho. Kandi hari icyo bashobora gukora bigatuma urukundo rw’Imana rwo kubishimira rugabanuka: kutumvira. Abanyabyaha, hari icyo bashobora gukora bigatuma Imana ibakunda kurushaho: kwihana. Bityo bashobora gushyikira urukundo rw’Imana rwo kubishimira. Kandi hari icyo bashobora gukora bigatuma urukundo Imana ibakunda rugabanuka: gupfa. Bityo baba babuze urukundo rumwe rusa Imana yabakundaga, urukundo rw’impuhwe.

Turebye icya (2), umukristo ashobora gutakaza urukundo rw’Imana rwo kumwishimira mu gusubira mu byaha, agatuma urukundo Imana ikomeza kumukunda ari urukundo rw’impuhwe gusa. Kandi na none utizera iyo apfuye, urukundo rw’impuhwe, ari na rwo rukundo rwonyine Imana yari imufitiye ruba rurangiye.

Ku byerekeye icya (3), nta gushidikanya ko urukundo rw’Imana rwo kwishimira umuntu rugira icyo rushingiraho. Kandi erega n’urukundo rw’impuhwe narwo ruterwa n’uko umuntu aba agihagaze ari muzima atarapfa ngo bamuhambe. Iyo umuntu amaze gupfa, urukundo rw’impuhwe rw’Imana rurarangira, ubwo rero rufite icyo rushingiraho kuko ari urw’igihe runaka rudahoraho.

Ibyerekeye icya (4), ikigaragara ko gishoboka cyane cyo ni uko Imana idakunda abantu bose kimwe, kuko bose, ari abanyabyaha ari n’abera, ibakunda cyangwa ibishimira mu buryo butandukanye. Nta gushidikanya ko urukundo Imana ikunda abanyabyaha atari rwo ikunda abakiranutsi.

Ku cya (5), Imana yanga abanyabyaha n’ibyaha byabo. Umuntu yaba abivuze neza kurushaho avuze ko Imana ikunda abanyabyaha urukundo rw’impuhwe ikanga ibyaha byabo. Mu byerekeranye n’urukundo rwayo rwo kwishimira umuntu, irabanga.

Ku cya (6), abantu bose n’umuntu uwo ari we wese yaumuntu uwo ari we wese yakagombye kugera ku rukundo rw’Imana rwo kumwishimira. Birumvikana na none ko nta muntu n’umwe wagira icyo akora ngo bitume Imana imukunda urukundo rw’impuhwe, kuko rwo nta cyo rushingiraho.

Ubwa nyuma ku cya (7), urukundo rw’impuhwe rw’Imana ntirushingira ku byo dukora, ariko urukundo rwayo rwo kwishimira umuntu rwo nta gushidikanya ko rubishingiraho.

Ibi byose birashaka kuvuga ko umukozi w’Imana uhindura abantu abigishwa agomba kuvuga urukundo rw’Imana mu buryo nyabwo, nk’uko ruvugwa muri Bibiliya, kuko adakwiye kwemera ko hari umuntu ubeshywa. Abantu bazajya mu ijuru bonyine gusa ni abo Imana ikunda urukundo rwo kubishimira, kandi abantu Imana ikunda urukundo rwo kubishimira gusa ni abavutse bwa kabiri kandi bakumvira Yesu. Umukozi w’Imana uhishwa nta na rimwe ashobora kwigisha ikintu cyatuma abantu bateshuka ku kwera. Intego ye iba ari imwe n’iy’Imana, ni uguhindura abantu abigishwa bitondera amategeko yose ya Kristo.

 


[1] Ababwirizabutumwa iyo babwiriza ubutumwa bwiza umuntu ashobora no kuvuga ko ari uburyo bwo kwigisha, kandi abvabwirizabutumwa bagomba kubwiriza ubutumwa buhuye na Bibiliya.

[2] Abizera bose ntibahawe inshingano yo kwigisha amatsinda y’abantu benshi mu ruhame, ariko bose bafite inshingano yo kwigisha, umuntu ku wundi, bahindura abantu abigishwa (reba Mat. 5:19; 28:19-20; Kolo. 3:16; Heb. 5:12).

[3] Ndavuga ngo “Naramuka” kuko ya masega yambaye uruhu rw’intama biragaragara neza ko ari “abakozi b’Imana” bari mu murimo ku bw’inyungu zabo, kandi bazatabwa mu muriro. Ndakeka ko ikibatandukanya n’abakozi b’Imana nyakuri basunitswe n’impamvu mbi ari ubusumbane bw’ububi bw’izo mpamvu zibasunitse mu murimo.

[4] Igitangaje ni uko, abigisha bamwe, badashobora kugira aho bahungira ukuri k’uko Yesu yaburiraga abigishwa be b’inkoramutima kandi ko wa mugaragu mubi asobanura uwizera, bavuga ko ha handi bazaririra bakahahekenyera amenyo ari ahantu hafi aho mu nkengero z’ijuru. Ngo aho abizera batakiranutse bazahamara igihe gito barizwa n’ingororano bahombye ngo kugeza ubwo Yesu azazira akabahanagura marira barize hanyuma akabakira mu ijuru!

[5] Birumvikana ko umukristo akoze icyaha kimwe adahita atakaza agakiza ke. Abasabye imbabazi z’ibyaha byabo Imana irabababarira (niba na bo bababarira ababacumuyeho). Abadasabye Imana imbabazi baba bishyize mu kaga ko guhanwa n’Imana. Gusa iyo bakomeje kunangira imitima yabo ntibite ku bihano bahawe n’Imana, icyo gihe abizera baba bari mu kaga ko kuba batakaza agakiza kabo.

[6] Abataremera ko umukristo ashobora gutakaza agakiza ke bakwiye kureba Ibyanditswe byose bikurikira byo mu Isezerano Rishya: Mat. 18:21-35; 24:4-5, 11-13, 23-26, 42-51; 25:1-30; Luka 8:11-15; 11:24-28; 12:42-46; Yohana 6:66-71; 8:31-32, 51; 15:1-6; Ibyak. 11:21-23; 14:21-22; Rom. 6:11-23; 8:12-14, 17; 11:20-22; 1 Kor. 9:23-27; 10:1-21; 11:29-32; 15:1-2; 2 Kor. 1:24; a5:5-6, 11-15, 6:9-12, 17-19, 20-21; 2 Tim. 2:11-18; 3:13-15; Heb. 2:1-3; 3:6-19; 4:1-16: 5:8-9; 6:4-9, 10-20; 10:19-39; 12:1-17, 25-29; Yak. 1:12-16; 4:4-10; 5:19-20; 2 Pet. 1:5-11; 2:1-22; 3:16-17; 1 Yohana 2:15-2:28; 5:16; 2 Yohana 6-9; Yuda 1:20-21; Ibyah. 2:7, 10-11, 17-26; 3:4-5, 8-12, 14-22; 21:7-8; 22:18-19. Ibyanditswe abigisha imyizerere y'”umutekano w’iteka nta cyo bishingiyeho” bakunze kugenderaho ni ibishimangira gusa ahubwo ubwizerwa bw’Imana mu gakiza, ariko nta cyo bivuga ku ruhare rw’umuntu. Bityo rero ibyo byanditswe bigomba gusobanurwa byuzuzanya na bya bi ndi byose maze gushyira ku rutonde. Kuba Imana yarasezeranije kwizerwa kwayo ntabwo bivuga ko n’umuntu kwizerwa kwe kugumyeho. Kuba jyewe nsezeranije umugore wanjye ko ntazigera musiga kandi koko ngakomeza isezerano ryanjye, ntibisobanura ko we atazigera ansiga.

[7] Hari uwashobra kujya impaka akavuga ati ibi byanditswe byose byerekana urwango Imana ifitiye abanyabyaha n’ukuntu ibanga urunuka ni ibyo mu Isezerano rya Kera. Nyamara uko Imana ifata abanyabyaha ntibyigeze bihinduka uhereye mu Isezerano rya Kera ukageza ku Rishya. Ibya Yesu na wa mugore w’umunyakanānikazi biri muri Matayo 15:22-28 ni urugero rwiza rwo mu Isezerano Rishya rutwereka uko Imana ifata abanyabyaha. Bakibonana ntabwo Yesu yashakaga no kumva gutakamba kwe, ndetse yamugereranyije n’imbwa. Ariko amaherezo kwizera kwe kudacogora kwatumye Yesu hari ineza amwereka. Imyifatire ya Yesu ku banditsi n’Abafarisayo byagorana kwemera ko yagaragazaga urukundo rwo kubishimira (reba Mat. 23).